RFL
Kigali

Icyamamare muri Sinema Fred Willard yitabye Imana

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:17/05/2020 10:04
0


Fred Willard, icyamamare muri Filime zakunzwe na benshi ku Isi, yitabye Imana azize urupfu rusanzwe nk’uko byatangajwe na bamwe mu bantu ba hafi bari bazi imibereho y'uyu mukinnyi wakunzwe muri filime nka Robe Reiner Mockumentary.



Uyu mukinnyi yari kandi umukinnyi w’umunyarwenya wigaruriye imitima ya benshi ku Isi cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yatabarutse kuwa Gatanu tariki 15 Gicurasi 2020. Yari afite imyaka 86 y’amavuko.


Umuhanzi  Glenn Schwartz yemeje ko Fred Willard yapfuye mu kiganiro yagiranye na  Rolling Stone. Umukobwa wa  Fred Willard, Hope Mulbarger nawe  yashimangiye urupfu rwa Se, Fred  mu ijambo rye yagize ati: "Data yitabye Imana  mu ijoro ryo kuwa 15 Gicurasi  afite imyaka 86 y'amavuko yakomeje gukora no kudushimisha akiriho  kugeza  ku mperuka ye y’ubuzima twaramukunze cyane! Tuzamukumbura ubuziraherezo. ”

Jamie Lee Curtis, umugore w’umuyobozi wa Willard yanditse kuri Twitter ati: "Ni amahirwe ko twese twabonye kwishimira impano za Fred Willard. Ubu ari kumwe na Mariya (Umugore we). Warakoze  Willard”. Umugore wa Willard w'imyaka 40, Mary, yapfuye muri 2018. 


Fred yerekanaga igikundiro kidasanzwe cyamugaragaje nk'umwe mu bakinnyi ba filime kandi bafite n’impano idasanzwe yo gusetsa, umuhanga mu gusetsa no mu gukora ibishushanyo nk’uko kuri televiziyo zitandukanye yagendaga yamamara.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND