RFL
Kigali

UR: Abanyeshuli biyandikishije bakanapimwa Covid-19 basaba gutaha iwabo, bazacyurwa Tariki 16-17/05/2020

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:15/05/2020 19:27
0


Kaminuza y'u Rwanda (UR) iramenyesha abanyeshuri bayo biyandikishije ngo ibafashe gutaha kandi bamaze gupimwa Covid-19 bagasanga ari bazima ko izabacyura ejo ku wa Gatandatu (16 Gicurasi 2020) no ku Cyumweru (17 Gicurasi 2020). Abayenshuli barasabwa kubahiriza amabwiriza nk'uko asabwa kugira ngo hatazagira ubangamira iyi gahunda yo kubafasha.



Nyuma yo gutangaza ko amasomo azasubukurwa muri Nzeri 2020, ibi byatumye kaminuza y'u Rwanda yumva ubusabe bwa bamwe mu banyeshuli bashaka kujya mu miryango yabo mu ntara bavugakamo kuko ingendo ziva cyangwa zijya mu ntara imwe zijya mu yindi zitemewe.

Aba banyeshuli bari barakomeje gutura mu macumbi yabo yegereye kaminuza batekereza ko amasomo azasubukurwa vuba mu gihe iki cyorezo cya Covid-19 kizaba gitanze agahenge gusa ntabwo ariko byagenze.

Bacyuwe kuwa 11 Gucurasi 2020

Abanyeshuli ba kaminuza y’u Rwanda batangiye kugezwa mu miryango yabo mu mpera z'icyumweru gishize bahereye ku bari bari mu mashami y'iyi kaminuza ari mu ntara zitandukanye none kuri iyi nshuro abagiye gucyurwa ni abari mu mujyi wa Kigali. Aba banyeshuli bazacyurwa muri ubu buryo bukurikira:   

Ku wa Gatandatu tariki 16 Gicurasi 2020 abazacyurwa ni abataha mu turere: Rusizi, Nyamasheke, Karongi, Rutsiro, Rubavu, Nyabihu, Ngororero, Rulindo, Gakenke, Musanze, Rwamagana, Kayonza, Gatsibo, Ngoma, Kirehe na Bugesera.

Ku cyumweru tariki 17 Gicurasi 2020 abazacyurwa ni abataha mu turere: Nyagatare, Byumba, Burera, Kamonyi, Muhanga, Ruhango Nyanza, Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe.

Kaminuza irasaba abayenshuli kubahiriza amabwiriza nk'uko asabwa kugira ngo hatazagira ubangamira iyi gahunda yo kubafasha. Kaminuza y’u Rwanda yagize iti:

“Ikitonderwa:  Umunyeshuri utazaza ku munsi ugenewe Akarere k'iwabo ntabwo azabona uko agenda kuko imyanya irabaze. Abanyeshuri basabwe kwinjira muri bus yanditseho akarere k'iwabo gusa. Kirazira kwinjira mu yindi bus kuko n'ubwo yaba ica iwanyu ntabwo izahahagarara kandi waba ubujije undi uburyo bwo gutaha.”

Abanyeshuli bazajyanwa mu miryango yabo barasabwa kugera kuri Campus ya Remera bitarenze saa Moya za mu gitondo (7am) ku munsi umwe mu yavuzwe haruguru bitewe n'aho buri umwe ataha ndetse umunyeshuri akazajya areba aho imodoka ijya iwabo iparitse.

Muri iri tangazo ryatanzwe na Kaminuza y'u Rwanda rivuga ko uzasanga imodoka ijya iwabo yamusize nta yindi azashakirwa ari nayo mpamvu abanyeshuli basabwa kubahiriza igihe cyatanzwe.


Abanyeshuli biga muri za Kaminuza zo mu ntara ubwo bacyurwaga 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND