Kuri uyu wa Kabiri tariki 05/05/2020 Polisi y'u Rwanda yatangaje ko yafunguye serivisi zo gutanga zo kwandikisha impushya z’agatenganyo cyangwa iza burundu ndetse no kongeresha agaciro k’impushya z’agateganyo cyangwa iza burundu.
Binyuze mu itangazo ryanyujijwe ku rubuga rwa Twitter, Polisi yamenyesheje abantu ko kwandikisha impushya ndetse no kuzongeresha biri gukorwa. Itangaza ryagira riti "Mwiriwe, police y’u Rwanda iramenyesha abantu bose ko serivise zikurikira zafunguye.
·
Kwandikisha impushya z’agatenganyo
cyangwa izaburundu
·
Kongeresha agaciro k’impushya z’agateganyo
cyangwa izaburundu”
Nyuma y’iri
tangazo Police yoboneyeho kwibutsa abafite ibinyabiziga byafashwe barenze
ku mabwiriza ya gahunda ya #GumaMuRugo ko bagana ishami rya Polisi rishinzwe
umutekano wo mu muhanda cyangwa bagahamagara kuri 0788311815 bagafashwa.
Mu gusoza, Polisi yongeye kwibutsa abaturarwanda ko kurwanya ikwirakwizwa rya coronavirus ari ishingano ya buri wese.
Bimwe mu bibazo abantu babajije Polisi n'uko yabasubije:
1. Ese amashuli yigisha gutwara imodoka ndetse n’amategeko y’umuhanda bizakomeza gukora?
Police: Amashuri yose ari mu
mirimo itari yemererwa kongera gukora mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa
ry'icyorezo cya #COVID-19
2.
Mwiriwe!
Naho gahunda yo gukorera impushya za burundu izasubukurwa ryari? Mugendeye ku
bari bagezweho?
Police:
Serivise zo gukorera impushya zo gutwara
ibinyabiziga nizisubukurwa muzabimenyeshwa
3.
Ese ibizamini by'impushya z'agateganyo bitanga amanota uwo mwanya (Ibikorerwa
kuri mudasobwa) biteganyirijwe iyihe gahunda?
Police: Serivise zo gukora
ibizamini by'impushya zo gutwara ibinyabiziga nizisubukurwa muzabimenyeshwa.
TANGA IGITECYEREZO