RFL
Kigali

Shampiyona y’u Budage ishobora gusubukurwa mu minsi ya vuba mu isura nshya n’amategeko adasanzwe muri ruhago

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:25/04/2020 14:50
0


Byitezwe ko shampiyona y’u Budage igiye gusubukurwa mu minsi ya vuba, ariko imikino ikazajya ikinwa nta mufana uri ku kibuga ndetse abakinnyi bashobora kuzajya bakina bambaye udupfukamunwa kugira ngo batanduzanya iki cyorezo cyayogoje abatuye Isi.



Ku wa kane w’icyumweru gitaha tariki 30 Mata 2020, nibwo hitezwe igisubizo kizaturuka muri Leta y’u Budage kizaba cyanzura ku hazaza ha shampiyona y’umupira w’amaguru muri iki gihugu, niba igomba gusubukurwa tariki ya 05 Gicurasi 2020 cyangwa cyangwa igakomeza gusubikwa kugeza igihe Leta izatanga uburenganzira bwo gusubukura.

Bundesliga, ni imwe muri shampiyona zishobora gusubukurwa mu minsi ya vuba, aho ndetse n’amwe mu makipe akomeye arimo na Bayern Munih yamaze gusubukura imyitozo.

Biravugwa ko ubwo iyi shampiyona izaba isubukuwe ishobora kuzajya ikinwa nta bafana bari ku kibuga, ariko nanone abakinnyi bakajya mu kibuga bambaye udupfukamunwa mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza iki cyorezo.

Si ibyo gusa kuko mbere yuko basubukura habanza gukorwa igikorwa cyo gusuzuma abakinnyi bose bakina muri iyi shampiyona inshuro irenze imwe, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ryacyo.

Minisiteri y’abakozi mu Budage yatangaje ko ku bibuga by’umupira hagomba kwambarwa udupfukamunwa mu kwirinda Coronavirus, mu gihe abategura shampiyona bo bari baramaze gufata umwanzuro wo gukina nta bafana, ariko ubu hatangiye gutekerezwa no kongeraho uwo mwanzuro wa Minisiteri.

Abategura iyi shampiyona bamaze kwandikira Leta y’u Budage bayimenyesha ko bamaze kwitegura gusubukura igisigaye ari ukubaha uburenganzira.

Shampiyona y’u Budage ishobora kuzaba iya mbere ku mugabane w’i Burayi isubukuwe hakiri kare mu zari zasubitswe ugereranyije n’ibindi bihugu kuko bahawe uburenganzira, yasubukurwa tariki 05 Gicurasi 2020.


Shampiyona zitandukanye ku Isi zizasubukurwa abakinnyi bakinana udupfukamunwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND