RFL
Kigali

Amb. Nduhungirehe yatanze igisubizo ku busabe bwa Perezida wa Rayon Sports

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:5/04/2020 13:09
0


Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, asanga bigoye ko Leta yagira icyo ifasha amakipe mu gihe ubukungu butifashe neza muri ibi bihe Isi ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus.



Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, kuri uyu wa Gatandatu Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Sadate Munyakazi, yasabye Leta y’u Rwanda gufasha amakipe guhemba abakinnyi muri ibi bihe bikomeye.

Nta gihe kinini yaciyeho, umuyobozi muri Leta, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakuriye inzira ku murima umuyobozi wa Rayon Sports ndetse n’andi makipe afite icyo gitekerezo.

Kuri we asanga bigoranye cyane muri iyi minsi ko Leta yagira icyo ifasha amakipe, ahubwo atangaza ko kuri we abona icyiza ari uko abaterankunga n’abafana bagoboka amakipe.

Yagize ati "Muri ibi bihe by’ubukungu butifashe neza, biragoye ko Leta yakwishyura imishahara y’abakozi b’ibigo byigenga batagihembwa kubera ibura ry’akazi, harimo n’abakinnyi b’amakipe y’umupira w’amaguru. Icyakorwa ni uko amakipe, abaterankunga n’abafana bafatanya mu kuziba icyo cyuho".

Nta gushidikanya Rayon Sports kimwe n’andi makipe menshi ku isi, azagirwaho ingaruka n’icyorezo cya Coronavirus, by’umwihariko mu guhemba abakozi bayo kandi amarushanwa n’indi mikino bibafasha guhemba byarahagaze.


Igisubizo cya Amb. Nduhungirehe ku busabe bwa Perezida wa Rayon Sports


Amb. Nduhungirehe yakuriye inzira ku murima amakipe ashaka ubufasha kuri Leta muri iki gihe





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND