Perezida wa Rayon Sports, Sadate Munyakazi, arasaba Leta gufasha amakipe guhemba abakinnyi muri iki gihe icyorezo cya Coronavirus cyahagaritse ibikorwa byose by’imikino, bityo hakaba hari impungenge z’ubukene bushobora gusigwa n’ki cyorezo.
Mu
Rwanda, Rayon Sports ni imwe mu makipe abeshejweho n’abafana bayo ndetse n’abaterankunga
bayo, by’umwihariko amafaranga binjiza ku bibuga ku mikino iyi kipe iba
yakiriye.
Birumvikana
Rayon Sports kimwe n’andi makipe menshi
ku isi, azagirwaho ingaruka n’iki cyorezo, by’umwihariko mu guhemba abakozi
bayo kandi amarushanwa n’indi mikino bibafasha guhemba byarahagaze.
Nyuma
yo kubona ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo asaba abakinnyi b’imikino
itandukanye kuba intangarugero mu gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo
kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus, anyuze ku rukuta rwe rwa
Twitter, Sadate yatanze igitekerezo cye cyafasha amakipe yo mu Rwanda
guhangana n’ingaruka za Coronavirus.
Mu
gitekerezo cye Sadate yashimye ubutumwa bwa Minisitiri Munyangaju, agaragaza ko
iki cyorezo gishobora kuzasiga ubukene mu bigo bitandukanye, ariko
by’umwihariko mu makipe, akaba ariyo mpamvu yasabye Leta ko yafasha amakipe
guhemba abakinnyi muri ibi bihe bikomeye.
Rayon
Sports kandi ikomeje gukusanya amafaranga yo kuyifasha aturutse mu bafana, aho
kugeza ubu abakunzi bayo banyuze kuri telephone bamaze gukusanya 4,192,090 Frws,
mu gihe angana na 2,145,000 Frws, amaze gukusanwa binyuze mu matsinda y’abafana.
Igitekerezo cya Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate
TANGA IGITECYEREZO