RFL
Kigali

Abakomeje gukinisha umurongo wa 114 witabazwa mu gutanga amakuru kuri COVID-19 bazabihanirwa

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:3/04/2020 9:04
0


Ni mu gihe Isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, Aho amahanga yose akomeje kurebera hamwe icyakumira iki cyorezo n’ U Rwanda narwo rwashyizeho ingamba harimo no guhamagara umurongo utishyurwa wa 114 ariko Minisitiri w’Ubuzima , Dr Ngamije Daniel arihaniza abantu bakinisha uyu murongo.



Amabwiriza yashyizweho mu Rwanda usanga ibihugu hafi ya byose ku Isi bayahuriyeho mu kwirinda Coronavirus yandura mu buryo bwihuse burimo;gukoranaho , kwitsamurira hafi ya mugenzi wawe, kwikora ku mazuru no kumaso utabanje gukaraba intoki n’amazi meza asukuye hifashishijwe isabune,kwegerana na mugenzi wawe n’ibindi.

Coronavirus  mu kuyihashya no mugutanga amakuru ku muntu wagaragayeho ibimenyecyo, mu Rwanda hifashishwa umurongo wa 114 mu gutabara bwihuse uwahamagaye yiyumvamo ibimenyetso cyangwa atabariza mu genzi we, mu bimenyetso ushobora kwiyumvamo bigatuma uhamagara 114, harimo, Umunaniro, inkorora ituma ubabara mu muhogo, guhumeka nabi , umuriro n’ibindi.

Kubera umubare mu Rwanda wabanduye Coronavirus ugenda uzamuka, mu kiganiro  Minisitiri w’Ubuzima  Dr Ngamije Daniel yagiranye na Radiyo y’igihugu,yavuze ko hari abantu bakomeje gukinira kuri uyu murongo bawukoresha mu bintu bitajyanye n’ibyo wagenewe, avuga ko ibi bishobora gutuma uwukoresha akeneye ubufasha bwa Coronavirus atabubona uko bikwiriye.

Mu butumwa kuri uyu murongo utishyurwa, Minisitiri Dr Ngamije yagize ati“Iriya nimero ya 114 twatanze hari abantu bari kuyikoresha nabi bagahamagara basa nk’abari gukina. Ntabwo ari byiza baba babuza amahirwe umuntu ufite ikibazo nyacyo kugirango avugishe abari ku murongo biteguye kumwakira ngo bamugire inama y’icyo yakora niba afite ibimenyetso.hari abahamagara hari ibyo babaza kandi ihamagara ufite ibimenyetso agafashwa, biba bigaragara ko umuntu ari kuyikinisha.”

Iyi nimero hari n’abashobora kuyibipa ibintu bitari byiza uwabifatirwamo ashobora kubihanirwa, Kugeza ubu mu Rwanda hari abarwayi ba Coronavirus 84, Minisiteri y’ubuzima ikaba ikomeje kugenda itanga amakuru ajyanye n’iki cyorezo umunsi ku wundi. Itangaza ko abarwayi bose bameze neza aho bari kwitabwaho n’abaganga ahantu habugenewe.

Rwanda: Abantu 688 bahuye n'abarwayi 17 banduye COVID-19 - Kigali ...

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel ashima ingamba zashyizweho dore ko abaturage bazikurikije bikwiye, hari kuguma mu rugo, ibi byatumye abandura Coronavirus batiyongera cyane, asaba abaturage gukomeza gukurikiza amabwirizwa ya guma murugo cyane cyane ko ariyo yatuma icyorezo kigabanuka.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND