RFL
Kigali

U Budage: Minisitiri w’imari Thomas Schaefer yiyahuye kubera coronavirus

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:30/03/2020 12:27
0


Ku wa Gatandatu, Thomas Schaefer, wari Minisitiri w’Imari mu karere ka Hesse mu Budage, basanze yapfuye yiyahuriye ku nzira ya gari ya moshi ahitwa Hochheim, hafi ya Frankfurt.



Umwe mu bayobozi yatangaje ko Minisitiri w’imari w’u Budage yiyahuye nyuma yo kwerekana “kwiheba” kwinshi  bitewe n’uko ubukungu bw’iki gihugu bufite ibibazo kubera coronavirus.

Ku cyumweru, Guverineri wa Leta, Volker Bouffier, yatangaje ko uyu mugabo w’imyaka 54 yari amaze gutwarwa n’uburyo bwo gukemura ikibazo cya coronavirus atanga ubufasha hirya no hino.

Yavuze ko Schaefer ahangayikishijwe cyane cyane n’uko “byashoboka ko umuntu ashobora gutsinda ibyo abaturage bategerejweho, cyane cyane ubufasha bw’amafaranga.”

Kwibwira ko izo mpungenge zamurenze, Bouffier ati: “Biragaragara ko atashoboraga kubona inzira. Yari yihebye aradusiga”.

Abayobozi bakora iperereza ku rupfu rwa Schaefer bavuze ko kubaza abatangabuhamya byatumye bemeza ko yapfuye yiyahuye.

Schaefer yari umunyamuryango w’umuryango w’ubumwe bwa gikirisitu uharanira demokarasi ya gikirisitu Angela Merkel kandi yari amaze imyaka icumi ku mwanya we.

Src: Nypost.con






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND