RFL
Kigali

Iperereza rirakomeje kuri Wema Sepetu wahakanye ko yibye amafaranga y’abaturage

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/03/2020 17:14
0


Iperereza rirakomeje nyuma y’amakuru ashimangira ko umukobwa w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Weba Sepetu yaba yatawe muri yombi nyuma yo kwiba umuturage ibihumbi 400,000 bw’amashilingi amubeshya ko azamuha Mudasobwa ariko we akabihakana.



Wema Sepetu umwe mu bakinnyi bamamaye muri Filime zo muri Tanzania, mu kwiregura iki kirego cy’ubujura kuri Polisi, yahamije ko hari umuntu utazwi wiyitiriye urukuta rwe rwa Facebook maze akavuga ko acuruza imashini zigendanwa za Mudasobwa, ibikapu bikoze mu ruhu, amakotomoni n’ibindi, uyu muntu ngo yaka abantu amafaranga anyuze kuri Facebook bityo bigafatwa nka Wema Sepetu wiba abantu.

Mu butumwa bwa Wema Sepetu yiregura ko atigeze yaka umuntu ibihumbi 400,000 by’amashilingi ya Tanzania, yagize ati. “Mu by'ukuri nta konti ya Facebook mfite, ngira paji y’abafana kandi na yo irazwi (vérifié). Iyo Facebook konte si iyanjye mu by'ukuri,..abantu b’abatekamutwe bahora bavuga ko bagurisha Mudasobwa.”

Nyuma yo kwiregura Polisi ya Tanzania itangaza ko igomba kureka Wema Sepetu ariko iperereza rigakomeza kugeza igihe baboneye gihamya nyacyo. Wema Sepetu ari mu byamamare byagiye bihura n’ibizazane cyane mu myaka yatambutse.

Yavuzwe ko inkondo y’umura we yanyereye kubera gukora imibonano mpuzabitsina n’abagabo cyane bityo bikaba byaramuteye kutabyara, iki kibazo yaje gutangaza ko yagiye kukivuriza mu Buhinde.

Wema ari mu bakobwa bakundanye na Diamond Platnumz aho byemezwaga ko bombi bazabana nk’umugabo n’umugore ariko biza kurangira batandukanye, nyuma Wema akomeza avugwa mu makimbirane n'abo yitaga bacyeba be harimo, Hamissa mobetto, Tunda, Zari Hassan n’abandi babaga hafi ya Diamond Platnumz.

Wema Sepetu yabaye Miss wa Tanzania mu mwaka wa 2006, ubu ni icyamamare ku mbuga nkoranyambaga. Mu mwaka wa 2018 yatawe muri yombi akekwaho gutunda no gukoresha ibiyobyabwenge bya Malijuana kuko inzego z’umutekano zabisanze iwe mu rugo.


Wema Sepetu ari gukorwaho iperereza na Polisi ku bujura ashinjwa

Umwanditsi: David Mayira-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND