Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ikomeje kugaragaza bimwe mu bikorwa byaranze umugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Ibikorwa bikurikira ni ibyaranze amatariki 15 -22 Werurwe 1991-1994 nk'uko tubikesha Dr Bizimana Jean-Damascène, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG.
1. U BUFARANSA BWASHYIZEHO INZOBERE ZA GISILIKARE MU CYISWE “DAMI PANDA” ZO GUFASHA MU MIRWANO LETA YA HABYARIMANA
Ku itariki 15 werurwe 1991, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga
y’Ubufransa yoherereje telegramu Ambasaderi w’icyo gihugu mu Rwanda, Georges
Martres, imumenyesha ko Ubufransa bushyizeho itsinda ry’inzobere za gisilikare
ryiswe DAMI PANDA ryo gufasha ingabo za Leta ya Habyarimana mu rugamba
zarwanaga na FPR Inkotanyi; itangazo rigasaba Ambasaderi kumenyesha icyo
cyemezo Perezida Habyarimana.
Telegramu yasobanuraga ko izo nzobere zizaba zigizwe
n’abasilikare 30 kabuhariwe mu mirwano no mu gutoza bazaba bashinzwe gutanga
imyitozo idasanzwe mu ngabo z’u Rwanda, hibandwa ku rubyiruko rw’abinjira mu
gisilikare.
Telegramu yashoje yihanangiriza Ambasaderi Martres imubwira
ko agomba gukora ibishoboka byose kugira ngo icyo cyemezo gikomeze kibe ibanga
rikomeye, kandi akanabwira Perezida Habyarimana ko nawe agomba kubika iryo
banga.
Izo nzobere z’abasilikare b’Abafransa zoherejwe mu bigo bya
gisilikare bya Bigogwe, Gabiro no mu Mujyi wa Ruhengeri bagatanga imyitozo muri
ibyo bigo, naho iyo mu Ruhengeri ikabera muri Kaminuza ya Nyakinama.
Inzobere za DAMI Panda zanatanze imyitozo ijyanye n’ubutasi
mu bya gisilikare, ziyiha itsinda ry’abaparakomando b’ingabo z’u Rwanda
ryitwaga CRAP (commandos de recherche et d’action en profondeur). Iri tsinda
ryari rishinzwe gukora ubucengezi mu bice byari byarigaruriwe na FPR mu rwego
rwo gushakisha amakuru no gutegura uko ingabo z’u Rwanda zizagaba ibitero muri
ibyo bice ngo zibisubirane. Abari bagize CRAP batoranywaga mu basilikare bari
bagize batayo Paracommando yabaga i Kanombe.
Iyi batayo yari ikuriwe na Major Aloys Ntabakuze, wakomokaga muri Komini Karago ku Gisenyi, ikagira impuguke z’Abafransa zamufashaga kuyitoza zikuriwe na Commandant Gregoire De Saint Quentin. Abasilikare ba Batayo Parakomando bagize uruhare runini muri Jenoside, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali. Imyitozo bahawe n’Abafransa bayifashishije bica Abatutsi.
Ku wa
08/05/2012, Major Aloys Ntabakuze yahamwe n’ibyaha by’ubwicanyi byakozwe
n’abasilikare ba batayo Parakomando yayoboraga, ahanishwa igifungo cy’imyaka 35
n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda. Mu rubanza rwa mbere
rwaciwe ku wa 18 Ukuboza 2008, Ntabakuze
yari yahawe igihano cy’igifungo cya burundu.
2. INZEGO
Z’IPEREREZA Z’U RWANDA ZATEGETSE GUHA URUBYIRUKO INTWARO N’IMYITOZO YA
GISILIKARE
Ku itariki 18 Werurwe 1991, umuyobozi w’ibiro by’iperereza
muri Perefegitura ya Ruhengeri, Munyangoga Eugène, yanditse raporo ikubiyemo
igitekerezo cyo guha intwaro abaturage
bo muri iyo perefegitura ayoherereza umuyobozi mukuru we i Kigali.
Muri iyo raporo, Munyangoga avuga ko urubyiruko rufite
hagati y’imyaka 18 na 25 rufite imbaraga n’ibigango, ngo rwagombye guhabwa
imyitozo ya gisirikare hifashishijwe abategetsi bo mu nzego z’ibanze:
burugumesitiri, konseye na ba resiponsabule ba selire. Raporo ikomeza ivuga ko
nyuma y’iyo myitozo, urwo rubyiruko rugomba kugaruka iwabo ku ivuko, rugahabwa
intwaro, ariko rugakomeza kwambara imyenda isanzwe.
Munyangoga yatangaga umurongo ko icyo gikorwa gihera ku
makomine yegereye umupaka w’u Rwanda na Uganda ariyo Kinigi, Nkumba, Kidaho na
Butaro ndetse akanavuga na segiteri zagombaga kwibandwaho muri ubu buryo:
- Komini
Kinigi: Nyarugina, Bisate, Kanyamiheto, Nyabisinde, Kabwende, Kagano na Gasiza;
- Komini
Nkumba: Gatete , Musanzu, Rutambo;
- Komini
Kidaho: Gitaraga, Burambi, Cyanika, Butenga na Kagogo;
- Komini
Butaro: Rugendabase, Rutovu, Kandoyi, Butandi na Buhita.
Bwa mbere, Munyangoga yakoresheje ijambo “milice” kuri urwo
rubyiruko avuga ko bizagira akamaro cyane mu kunganira ubutegetsi bwa Leta
n’igisirikare ngo kandi nta n’ikintu kinini bizasaba Leta kuko nta mushahara
izabatangaho. Yasabaga ko abo bantu bashingwa ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda
kugira ngo bubakoreshe mu bikorwa zikeneye. Yongeyeho ko igikorwa nk’icyo ngo
kizaca intege Inkotanyi ngo kuko zitwikira ijoro zije kwiba no kwica, ngo
zikaba zitazongera kubitinyuka igihe zizaba zizi ko hari insoresore mu baturage
zifite imbunda kandi zahawe imyitozo ya gisirikare.
Iyo raporo ikomeza ivuga ko
muri Ruhengeri ariho hakwiye gutangirira icyo gikorwa, hanyuma baramuka
babonye ko kigenda neza kigakwizwa mu yandi ma perefegitura yose y`Urwanda,
uhereye ku yegereye imipaka y’amajyaruguru n’iburasirazuba, ni ukuvuga Gisenyi,
Byumba na Kibungo. Iyo nyandiko isoza ivuga ko ba burugumesitiri bagomba
gukangurirwa icyo gikorwa, bagafatanya n’abakuru b’ingabo kukinoza no
kugishyira mu bikorwa mu buryo bwihuse.
Iyi gahunda yarafashe kuko Interahamwe n’impuzamugambi zari
zihujwe no kwanga Abatutsi zashinzwe hose mu gihugu, zihabwa imyitozo ya
gisilikare n’intwaro, bityo zifatanya n’abasilikare n’abajandarume gutsemba
Abatutsi hose mu gihugu.
3. LETA YA
HABYARIMANA YAJUJUBIJE INGABO Z’ABABILIGI ZARI MURI MINUAR YIFUZA KO ZITAHA
KUGIRA NGO JENOSIDE IZAYOROHERE
Tariki 22 Werurwe 1994, Georges Ruggiu, intagondwa
y’umunyamakuru wakoreraga radio RTLM, yatangaje kuri iyo radio abeshya ko « Ababiligi bashakaga gushyiraho Leta mu
Rwanda iyobowe na FPR-Inkotanyi igizwe n’amabandi n’abicanyi, ko kandi
Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yari yarateguye gukuraho ubutegetsi bwa
Habyarimana ».
Inkuru nk’izi z’ibinyoma zanyuzwaga kuri RTLM no kuri Radio Rwanda zari mu mugambi wa Jenoside wo kugira ngo ingabo z’ababiligi zive mu Rwanda, bityo MINUAR ibure abasilikare bafite ibikoresho n’ubuzobere kuko ingabo z’Ububiligi arizo zari zikomeye muri MINUAR.
Leta ya Habyarimana yakoresheje ubwo buryo igamije kuzabona
uko irimbura Abatutsi nta gihamya. Ikindi nuko Ububirigi bwari bwaratangiye
kwamagana ubwicanyi bwakorwaga na Habyarimana no kwamagana imyitwarire ya
Habyarimana utarashakaga ko amasezerano y’amahoro y’Amahoro y’Arusha.
Ruggiu yahamagariraga Ababiligi gukanguka no gusubira mu gihugu cyabo, akavuga ko
bidakozwe bazahura n’intambara “itarimo impuhwe” ndetse n’ “urwango rukabije”.
4. HABYARIMANA
YATESHEJE AGACIRO AMASEZERANO Y’AMAHORO
MINUAR yagaragaje ko muri Werurwe 1994, intwaro nyinshi zari
zaravanywe rwihishwa mu bubiko bwazo i Kanombe MINUAR itabizi maze
zigakwirakwizwa mu bigo bya gisirikare bitandukanye mu Gihugu, cyane cyane i
Gitarama. Icyo gikorwa cyo gukwirakwiza intwaro mu bigo bya gisirikari byari
ugetegura intambara yo kuburizamo amasezerano y'amahoro y’Arusha no
gukwirakwiza mu gihugu ibikoresho bya Jenoside.
Umusirikari w’Umubiligi ufite ipeti rya Ajida, Benoit Daubie wari ushinzwe ibyo gusana
intwaro mu Kigo cya Gisirikare cya Kanombe yahaye Ubushinjacyaha bwa Gisirikare
bw’u Bubiligi ubuhamya bukurikira :
« Nabashije kugera ku bubiko bwose bw’intwaro i Kanombe
mbere y’ihanuka ry’indege (…). Igice kinini cy’ububiko cyari cyambaye ubusa.
Ubishyize mu mibare, intwaro zari zakuwemo ni nyinshi. Nafata urugero
rw’itangwa ry’ibisasu 1000 bikoreshwa n’imbunda nini yo mu bwoko bwa 120 i
Gitarama. Mu bubiko hasigayemo nka 20 ku ijana (20%) by’intwaro. Ibi byabaye
hasigaye ukwezi kumwe mbere y’ihanuka ry’indege ya Habrimana kandi kuzitwara
byafashe icyumweru cyose.
Umusirikari mu ngabo z’Urwanda wari ufite ipeti rya liyetona
yambwiye ko byari mu rwego rwo kwitegura igitero cya FPR-Inkotanyi. Ariko ku
bwanjye ntekereza ko byari uburyo bwo kuzihisha abagenzuzi b’Umuryango
w’Abibumbye. Nzi neza ko imibare yatangwaga n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda
itari yo kuko birengagizaga intwaro zari zaratanzwe mu kivunge. Bagaragazaga
ibiri mu bubiko busa n’aho bwambaye ubusa. Itwarwa ry’intwaro ryakorwaga
ahanini mu masaha y’ijoro nk’uko nabibwiwe na mugenzi wanjye w’Umudage ».
Aya mayeri yo guhisha intwaro MINUAR yari agamije kubuza MINUAR kugenzura ikoreshwa ryazo kugira ngo ingabo z’u Rwanda zizabone uko zizikoresha mu bwicanyi aho MINUAR itashoboraga gukumira ibyo bikorwa kuko igice kinini cya manda yayo cyayisabaga kwuibanda mu Mujyi wa Kigali.
Habyarimana yateguye Jenoside, afatanije n’abasirikari be, abayobozi ba MRND na CDR, itangazamakuru, n’izindi nzego nkuru z’Igihugu cyane cyane iz’iperereza.
Mu gutegura Jenoside, Habyarimana yakoresheje inzego ze mu kwangisha abaturage MINUAR, cyane cyane abasirikari b’Ababirigi, agamije kuzakora Jenoside nta nkomyi, mu ibanga rikomeye.
Habyarimana yakoresheje inzira zose zishoboka mu kubiba urwango ku Batutsi, guha abaturage imyitozo ya gisirikare, gukwirakwiza intwaro, no kurwanya ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Arusha.
Src: CNLG
TANGA IGITECYEREZO