Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’, ryafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’icyorezo gihangayikishije Isi kuri ubu cya Coronavirus, harimo kutazongera gusuhuzanya kw’abakinnyi mu gihe umukino ugiye gutangira ndetse no gukaraba kuri buri muntu wese winjiye ku kibuga kugira ngo hizerwe ubwirinzi nyabwo.
Nyuma
y’uko icyorezo cya Coronavirus kimaze gufata indi ntera ku isi, aho kimaze
kwandura ndetse kigahitana benshi, kuri ubu mu Rwanda hakomeje gufatwa ingamba zikomeye
zigamije kwirinda no gukumira iki cyorezo.
Mu cyumweru gishize, Minisiteri ya Siporo yagiranye inama zitandukanye
n’amashyirahamwe y’imikino n’ingaga za siporo mu Rwanda, bigira hamwe ingambwa
zafatwa mu kurwanya iki cyorezo.
Kuri
uyu wa Mbere, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ yandikiye amakipe
iyamenyesha ingamba zafashwe kandi zigombwa kubahirizwa mu rwego kwirinda
icyorezo cya coronavirus.
Ibaruwa
FERWAFA yahawe amakipe iragira iti “Tugendeye ku ikwirakwira ry’icyorezo cya
Coronavirus (COVID-19) hirya no hino ku Isi n’ingamba Leta y’u Rwanda
yashyizeho mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyo cyorezo mu Rwanda.Tubandikiye
tugira ngo tubamenyeshe ko mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyo cyorezo
musabwa gukora ibi bikurikira mu mikino mwakiriye yose ku marushanwa ategurwa
na FERWAFA".
Mu
byo FERWAFA yasabye, harimo gutegura uburyo buhagije bwo gukaraba no gusukura
intoki hakoreshejwe amazi asukuye n’isabune cyangwa ubundi buryo bwo gusukura
intoki(hand sanitizer) aho binjirira ku bibuga byabereyeho imikino.
Kwirinda
kuramukanya abantu bahana ibiganza cyangwa se bahoberana, abafana, abakinnyi n’abatoza.
Ikipe
yakira umukino yamenyeshejwe ko itemerewe gufungura imiryango ya Stade mu gihe
ibikoresho by’isuku byagararajwe mu ibaruwa bidahari mu gihe iyasuye, yasabwe
kutinjira muri Stade mu gihe itahasanze ibyo bikoresho.
Mu
gihe ikipe yakiriye umukino yumva idafite ubushobozi bwo gukora ibisabwa mu
ibaruwa yahawe, yasabwe kwihutira kubimenyesha bitarenze kuri uyu wa Kabiri
tariki 10 Werurwe saa yine za mu gitondo (10h00) kugira ngo hamenyeshwe iyo
bari guhura ko uwo mukino utakibaye.
Shampiyona
y’icyiciro cya mbere irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa umunsi wa 23, aho
hatangira gukurikiza izi ngamba FERWAFA yafashe kugira ngo hirindwe
Coronavirus.
Ibaruwa FERWAFA yandikiye amakipe yose
TANGA IGITECYEREZO