RFL
Kigali

Ngaya amagambo udakwiye kubwira umwana wawe niba ushaka ko azaba umunyabwenge

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:25/02/2020 16:29
0


Ubusanzwe bavuga ko umwana ari umutware bitewe n’uko ahanini uba utazi icyo azaba cyo, uko umureze rero ni nako akura, icyo umutoje atora icyo ariko kandi nubwo aba ari muto ubwonko bwe bufata vuba kandi ntibuhitamo icyo gufata n’icyo kurekura.



Abahanga mu by’ubuzima bagerageje gushaka amwe mu magambo mabi yangiza ubwonko bw'umwana ku buryo bukomeye ari naho bahera bavuga ko buri mubyeyi wese akwiye kuyirinda
Aha hari amwe mu magamb akomeye yangiza umwana ku buryo akura afite intimba n’agahinda muri we:

1) « Ntacyo umaze » Aya magambo ashobora gusenya umwana cyane iyo ayabwiwe n’umubyeyi we, kubwira umwana ko ntacyo avuze nta n’icyo amaze mu maso yawe, biba bishatse kuvuga ko akwiye gushaka abandi babyeyi, ibyo biramubabaza cyane.


2) « Ceceka vuba ! » Iyo umwana akoze ikosa agahanwa, agaragaza amarangamutima ye akarira, iyo umusabye guceceka ako kanya, uba umusabye ibidashoboka, n’iyo yabishobora akabikora ariko uri kumwica mu mutwe, agumana ubwo bubabare iteka.


 3) « Urampemukiye wa mwana we » Niba umwana yatsinzwe mu ishuri si byiza kumubwira nabi ahubwo umwereka ko gutsindwa ari inzira nziza yo gutsinda, icyiza ni ukumuyobora inzira nziza utamuhahamuye.


4) « Ubundi ugira ubwenge? » Kubwira umwana amagambo mabi nk'ayo bituma yitakariza icyizere akumva ko ntacyo ashoboye, aho kumubwira nabi muyobore uko akwiye kwitwara.
 

5) « Ntabwo uri umwana wo kugira ubwoba » Ubusanzwe kugira ubwoba ni ibintu byizana kuri buri wese niba umwana wawe agize ubwoba bw’ikintu runaka kandi kitakamuteye ubwoba, mwereke ko nta bwoba giteye ugiteshe agaciro nawe umwereka ko nta bwoba ufite bizamufasha gusohoka muri ubwo bwoba aho kumubwira nabi.

Src:  santeplusmag.com    






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND