RFL
Kigali

Abikorera barasaba ubufasha ku iyangirika ry’ibikoresho byabo mu gihe batanga amahugurwa ku biga imyuga

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:14/02/2020 15:26
0


U Rwanda rwihaye gahunda y'uko mu mwaka wa 2017-2024, ruzaba rubasha guhanga imirimo miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu mu rwego rwo kongera ireme ry’abanyeshuri biga mu myuga n’ubumenyingiro aho guhora bateze amaboko bashaka akazi.



Kuri uyu wa Gatanu tariki 14/02/2020 muri Kigali Marriott Hotel habereye inama yigaga ku buryo abiga imyuga n'ubumenyingiro bakongererwa igihe bamara bimenyereza akazi kajyanye n'ibyo biga mu ishuri. Iyi nama yatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w'uburezi Dr. MUTIMURA Eugene.


Bayigamba Robert nyir'uruganda rwa Manumetal, umwe muri ba rwiyemezamirimo bitabiriye iyi nama, yavuze ko ku bijyanye no kongera ireme ry’abanyeshuri biga mu myuga n’ubumenyingiro, ba rwiyemezamirimo batanga umusanzu wo kwemerera aba banyeshuri kubaha ubumenyi n’amahugurwa mu kazi kabo kandi na bo ubwabo bakunguka.


Bayigamba Robert yagize ati”Icyo dukora nk’urwego rw’abikorera turafatikanya tugaha amahirwe umunyeshuri akamenya uko mu kazi bigenda kandi natwe ubwacu tubyungukiramo kuko tubona imikorere y’umunyeshuri hakaba ubwo tubagira abakozi bacu."

Yakomeje agira ati "Icyo turi kwiga uyu munsi ni ukureba uko umunyeshuri yamara igihe kinini ni ukuvuga kuva kuri 50- 70% cy’igihe cye mu bikorera akamara igihe mu kazi noneho ikindi gihe kingana na 50-70% akakimara mu ishuri, icyo twemeye ni ugufatikanya kongera imyanya mu kazi kacu kugira ngo abo banyeshuri bahabwe imirimo.”

Uretse ibyo, abikorera bafite imbogamizi ikomeye aho bavuga ko ibikoresho byabo bihatikirira kubera kwemerera abanyeshuri kubikoresha kandi batabifitiye uburambe bityo bagahomba.

Robert yagize ati “Iyo umuntu akiri kwiga hari igihe imashini ikoreshwa nabi n’umuntu utabizi, aha rero tugomba kumenya niba ingaruka zizabaho nko gupfa kwazo tuzazifatanya n’abashinzwe abanyeshuri cyangwa se tuzazirengera, ikindi twibaza ni ukumenya uko bizajya bigenda mu gihe hari akazi  gacye mu bikorera kuko buri gihe ntiduhorana akazi kenshi. Ese nibaduha abanyeshuri kandi akazi ari gacye bizagenda bite? Ibyo byose ni ibintu dukwiye kwigaho.”


Ni mu gihe Leta y’u Rwanda yihaye gahunda y'uko mu mwaka wa 2024 izaba ibasha guhanga imirimo miliyoni imwe n’igice abantu badategereje gusaba akazi ahubwo bakihangira imirimo yabo bwite.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND