RFL
Kigali

Urukundo si ibyo uvuga ahubwo ni ibikorwa

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:6/02/2020 13:30
1


Abantu benshi ntibarasobanukirwa urukundo icyo ari cyo aho benshi barwitiranya n’amarangamutima ariko ntibamenye urukundo nyakuri urwo ari rwo.



Aha rero ni ho abahanga bahera bashyira ahagaragaga ibimenyetso byerekana ko umugabo wawe agukunda n'ubwo atabikubwira. 

Ni wowe ashyira imbere muri byose: ikintu kikwereka ko umukunzi wawe agukunda nuko nta kintu na kimwe yakora atabanje kukubaza, arakubaha ukabibonera mu bikorwa, uhora mu mishinga ye.

Akubwiza ukuri iteka: ubusanzwe ukuri ni inkingi ya mwamba y’imibanire y’abashakanye, nubona umukunzi wawe akubwiza ukuri iteka kuri buri kimwe ujye umenya ko agukunda byukuri.

Ahora agusingiza ndetse akanabikwereka: Nubona umukunzi wawe ahora akubwira ko agukunda ndetse akabiherekesha ibikorwa ujye ubiha agaciro kuko atandukanye n’abandi.

Anyuzwe no kuba agufite: Kugira umukunzi ukwishimira iteka akakira amakosa n’ibyiza byawe ntako bisa, niba umukunzi wawe anezezwa n’uko uri akakira ibibi n’ibyiza byawe byose nta kabuza aragukunda.

Agutega amatwi: Niba umukunzi wawe agutega amatwi akakumva aragukunda by’ukuri, kugutega amatwi ni ubwiza utasangana umuntu wese ni yo mpamvu utabyirengagiza.

Arakurinda: Kurindwa n’umukunzi wawe ni ibintu by’agaciro, niwumva ko umukunzi wawe ahora ahangayikishijwe n’umutekano wawe, urusheho gushaka icyatuma umugumana kuko aragukunda by’ukuri.

Src: santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bagwire 4 years ago
    Ibyo uvuze nukuri kuzuye kuko beshi twara bibuze bigatuma haboneka namakosa utatagira ngo akosorwe





Inyarwanda BACKGROUND