RFL
Kigali

Ruswa mu bihugu byo ku mugabane wa Afrika

Yanditswe na: Muhawenimana Faridi
Taliki:3/02/2020 16:28
0


Ibibangamira iterambere ry’ibihugu bitandukanye ku isi ntabwo wabivuga ngo ubivemo. Intambara, ubukene, ibikorwaremezo bidahagije, ruswa, n’ ibindi. Ruswa ni kimwe mu byamunze ubukungu bw’ ibihugu byinshi muri Afurika. Ubwo, politiki, imibereho myiza y’abaturage, imiyoborere myiza, nabyo bikaba bizirikiwe ku gati!



Hejuru y’ umuntu umwe mu bantu bane, bakoresha serivisi z’ubuvuzi, uburezi, n’izindi, bazihabwa babanje gutanga ruswa. Ubwo, abagera ku kigero cya 59% mu bihugu 35 muri Afurika bemeza ko Guverinoma zabo ntacyo zikora kuri ruswa. Ku rundi ruhande, umwe mu bantu batatu—ubwo ni 34%—bemeza ko Guverinoma zabo zikora akazi keza mu kurwanya ruswa.

Iki gikorwa kidakunze kubera mu ruhame, usanga kigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu, imiryango, abantu ku giti cyabo, imiyoborere mibi, ndetse n’ibindi bitandukanye. Ubushakashatsi bwa Transparency International, bugaragaza ko mu batanga iyo ruswa, abakene baba bari ku kigero cya 36%, mu gihe abakize ari 19%. Polisi ikaba igaruka mu majwi cyane mu nzego zihabwa ruswa zikanayakira kurusha izindi.

Ibihugu bigaragaramo ruswa nyinshi muri Afurika

Ibyinshi muri ibi bihugu, usanga mu busanzwe bifite umutungo kamere mwinshi, yewe hari n’ibikorwa remezo biteye imbere ugereranije n’ahandi. Ariko, ugasanga haracyabarizwa ruswa. Nko mu mwaka wa 2018, igihugu nk’Afurika y’Epfo cyari kuri 43%, Egypt kuri 35%, Nigeria kuri 27%, Angola kuri 19%—kimwe mu bihugu muri Afurika bifite peterori nyinshi ndetse n’ amabuye y’ agaciro ya diyama. Nk’uko bigararagara, ibyinshi muri ibi bihugu bizwiho kuba ibihangange mu bukungu, iterambere, ishoramari, ibikorwaremezo, ndetse n’ibindi. Gusa, biracyagaragazwa mu bihugu bifite ruswa kandi ku rwego rwo hejuru.

Iyi mibare bitekerezwa ko yiyongereye ku rwego rwo hejuru. Ni mu bushakashatsi bwa Transparency bwa 2019, aho abaturage babajijwe bagiye bagaragaza ko ruswa yiyongereye mu bihugu byabo.

Afurika y’Epfo ruswa yazamutse ku kigero cya 64%, Nigeria yiyongera kuri 43%, ubwo ni mu gihe igihugu nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubushakashatsi bugaragaza ko ruswa yazamutse ku kigero cya 85%—bivuze ko ari ho muri Afurika habonetse ruswa nyinshi mu mwaka wa 2019.

Ntabwo bisobanuye ko ruswa itangwa ikanakirwa muri Afurika gusa. Nko muri raporo ya Transparency International ya 2018, ibihugu 10 bya mbere muri ruswa byari ibyo mu Burayi, ku rutonde rw’ibihugu 180.

Src: transparency.org, qz.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND