RFL
Kigali

Abatarize ubwarimu nabo bemerewe kwigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:27/01/2020 19:06
2


Ministeri y’uburezi yakinguye imiryango ku bashaka akazi k’ubwarimu ku bafite impamyabumenyi zitajyanye n’amasomo y’inderabarezi, ni ibintu byashimishije abafite ubumenyi bunyuranye bazitirwaga no kuba batarize kwigisha.



Ibi Minisiteri y’uburezi yabishyize mu ibaruwa iherutse gushyira ahagaragara igira iti;

Nshingiye ku ibaruwa no 255/19.19 yo kuwa 24/01/2020 nandikiwe na Minisitiri w'Abakozi ba Leta n' Umurimo angezaho imyanzuro y 'inama yahuje kuwa 24/01/2020 Ubuyobozi bwa Minisiteri y'Uburezi (MINEDUC), ubwa Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo (MIFOTRA), Ubuyobozi bwa Komisiyo y'Abakozi ba Leta (NPSC) n'ubw'ikigo cya Leta gishinzwe Amashuli Abanza n'Ayisumbuye (REB) kugira ngo bashakire igisubizo ikibazo kijyanye no gushaka no gushyira mu myanya abarimu bashya bakenewe mu mwaka w'amashuri wa 2020, aho byagaragaye ko umubare w'abarimu bashya bamaze gushyirwa mu myanya ukiri muto cyane ugereranyije n'abakenewe;

Ndabamenyesha ko nyuma yo kungurana ibitekerezo hafashwe imyanzuro ikurikira musabwa guhita mushyira mu bikorwa:

1.Gushyira ku isoko imyanya yose ikeneye abarimu bashya kandi inyito ya buri mwanya ikagaragazwa neza;

2.Amatangazo ashyira ku isoko imyanya y'akazi agomba gushishikariza gusaba iyo myanya abize uburezi ku rwego rwa A2 na AO n'abatarize uburezi bafite ariko ubumenyi bukenewe muri iyo myanya (Subject Content with Degree Holders or at least A2 with 2 principal passes) mu masomo yigishwa mu mashuri Abanza n'Ayisumbuye kwitabira gusaba ako kazi ko kwigisha.

3.Uturere twarangije gutanga amatangazo ahamagararira abantu gusaba akazi ko kwigisha turasabwa kuyasubiramo kugira ngo n'abatarize uburezi ariko bafite ubumenyi bukenewe (subject content) mu masomo yigishwa mu mashuri Abanza n'Ayisumbuye bahabwe amahirwe yo gusaba no gupiganira ako kazi.

4.Abatarize uburezi ku rwego rwa AO, A1 na A2 ariko bafite ubumenyi mu masomo yigishwa mu mashuri abanza n'ayisumbuye bazahabwa amasezerano y'akazi.

Mugire amahoro.

Dr. MUTIMURA Eugene

Abarangije kaminuza n’amashuri yisumbuye mu masomo atari ay’inderabarezi bavuga ko kuba Minisiteri y’Uburezi yemeye ko bashobora gupiganira akazi ko kwigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye bizatuma na bo batanga ubumenyi bahawe ndetse bigabanye n’ubushomeri.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntirenganya Theogene4 years ago
    Ibyo bintu turabishyigikiye rwose kuko Hari abicarana ubunyi nawese mukarere karimo amagana yabize uburezi batanga ikizamini hakabura utsinda sikibazo ahubwo bige nokucyo kuvuga at least 3yars of experience murakoze
  • Mbihayimana theoneste 1 year ago
    Mwiriwe neza! Ese nkanjye ko muri secondaries nize EKk bisobanuye English kinyarwanda and kiswahili+ entrepreneurship and general paper. Kaminuza nkiga rural development, masters nkiga environmental economics and natural resource management Nanjye nemerewe gusaba umwanya muburezi ko niyumvamo ubushobozi? Murakoze!





Inyarwanda BACKGROUND