Abanyarwenya batandukanye barangajwe imbere na Daliso Chiponda wo muri Malawi bashimishije bikomeye abantu bitabiriye igitaramo cya Seka Live gitangiza umwaka wa 2020.
Iki gitaramo cyatangijwe n'abanyarwenya bakizamuka bari bayobowe na Zaba Missed
Call. Umunyarwenya witwa Ishimwe Pacifique yashimishije abantu benshi
akoresheje inkirigito.
Uwitwa Fred unafitanye isano na Kanyombya wavuze ku buryo byaba bimeze
abanyamakuru bagoza umupira babikoze bameze nk'abari kuvuga amazina
y'inka. Ni ibintu byasekeje abantu benshi cyane bitewe n'uburyo yabivugaga.
Undi munyarwenya ukizamuka ni uwitwa Kepha uba mu kitwa Zubby Comedy, yateye
urwenya ku myitwarire y'abana b'ubu yatanze urugero rw'uw'ahantu hitwa mu Kobo ngo
wabwiye se ati "Uyu munsi nitutarya uraba uri imbwa ndagaswi."
Nimu Roger ubarizwa muri Daymakers yagarutse ku misengere y'abagore abakize
n'abakennye. Abakennye iyo bashima Imana baba bivugira uko bashyizwe mu cyiciro
cya mbere cy'ubudehe, uko bimuwe mu manegeka n'ibindi nk'ibyo ariko umukire iyo
ashima Imana aba avuga ko yamurinze umubyigano wa Kimironko, ko mu Rwanda haje
KFC n'ibindi nk'ibyo by'abantu banezerewe.
Arthur Nkusi ari nawe wari uyoboye iki gitaramo nawe yanyuzagamo agasetsa
abantu bari buzuye icyumba cya Marriott Hotel. Yavuze ukuntu iyo umubyeyi abyaye
imfura abantu bahita bamwita Papa/mama bakongeraho izina ry'uwo mwana, yabyara
ubucura agahita afata izina ry'uwo noneho mu gihe bose bamaze gukura ngo ahita
afata izina ry'uwakize muri bose.
Umugore witwa Feu Rouge ni bwo bwa mbere yari agaragaye muri Seka Live. Uyu
yasekeje abantu ku nshuro ya mbere bacyumva ijwi rye bitewe n'uko avuga
nk'abantu bo mu Majyaruguru.
Umunyarwenya wo muri Uganda Daniel Omala wateye urwenya mu mwanya wa Idriss Sultan wo
muri Tanzania utaje, yibanze cyane ku kugaragaza isura y'igihugu cye mu buryo
busekeje.
Yavuze uburyo batajya bitekerereza gukora ibikorwa by'iterambere ahubwo
bategereza ababikoze bagahita babigana. Urugero yatanze ni kompanyi y'indege
yatangiye vuba ngo bayishyizeho nyuma yo kubona ko RwandAir imaze kuba
ubukombe. Gusa ngo hari abatinya kuzijyamo kuko batizeye umuntu waba waragiye
kuzigura.
Michael Sengazi uherutse kwegukana igihembo cya Prix RFI Talent du Rire ni we wabanjirije
umushyitsi w'Imena. Urwenya rwe ahanini rwibanze ku kubara inkuru y'ukuntu
yagiye kubonana na Perezida Pierre Nkurunziza agiye kumurikira icyo gihembo.
Daliso Chiponda wo muri Malawi ariko uba mu Bwongereza ni we washyize akadomo
kuri iki gitaramo. Uyu musore wabaye uwa gatatu mu irushanwa rya Britain's Got
Talent yavuze ko uwabaye uwa mbere yafashe amafaranga yose akayakoresha mu
bikorwa by'urukundo ariko we yari kuyinezazamo akayaha abagore.
Yavuze ko uburyo Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika
utavugwaho rumwe na benshi yasimbuye Barrack Obama w'umunyabwenge bitangaje
cyane. Ati "Ni nk'aho Jay-Z yakwirukana Beyonce agashaka Knowless [yavugaga uwo
mu Rwanda]."
Seka Live y'ukwezi gutaha izasusurutswa n'abanyarwenya babiri barimo Ndumiso Lindi wo muri
Afurika y'Epfo na Usama Sissique wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Daliso Chiponda yishimiwe cyane
Micheal Sengazi yavuze uko yahuye na Perezida Nkurunziza
Nkusi Arthur ni we wari uyoboye Seka Live
Daniel Omola wo muri Uganda yishimiwe cyane
Nimu Roger
Feu Rouge avuga mu gikiga bigasetsa abantu
Fred avuga uko byaba bimeze umupira wogejwe mu mazina y'inka
Mazimpaka Kennedy ubyara Arthur yatashye amwenyura
Byari ibitwenge ku bitabiriye Seka Live
Umunyarwenya Prince yishimiwe
Abantu bari buzuye icyumba cya Kigali Marriott Hotel
Ishimwe Pacifique yavuze inkirigito yanyuze benshi
Ibitwenge byari byose
Isheja Sandrine n'umugabo we ntibasiba ibitaramo bya Seka Live
Zaba Missed Call ni we wayoboye igice cy'abanyarwenya bakizamuka
AMAFOTO: MUGUNGA EVODE/ INYARWANDA ART STUDIO
TANGA IGITECYEREZO