Icyamamare mu mukino w’intoki wa Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika izwi nka ‘NBA’ Kobe Brayant yitabye Imana kuri iki cyumweru aguye mu mpanuka y‘indege yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari igeze mu gace ka Calabasas mu mujyi wa Los Angeles nk’uko byemejwe na Police yo muri leta ya California.
Kobe
Bryant yaguye muri kajugujugu yafashwe n’inkongi y’umuriro kuri iki Cyumweru. We n’abandi bantu 4 bari bayirimo nta n’umwe wabashije kuyirokoka
nk’uko tubikesha ibitangazamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika birimo TMZ na New York Times. Umukobwa we y'imyaka 13, Gianna Bryant nawe yahitanywe n'iyi mpanuka.
Polisi
yo muri Leta ya California yemeje urupfu rwa Kobe Bryant, aho yavuze ko
ahagana mu masaha ya saa yine z’amanywa kajugujugu yari arimo ari kumwe n’abantu
bane, yageze ku musozi wa Calabasas ifatwa n’inkongi y’umuriro irashya
irakongoka, hakorwa ubutabazi bw’ibanze ariko birangira iki cyamamare gisezeye
ku isi y’abazima.
Abantu
benshi babanje kugira ngo ni impanuka ishobora gutuma akomereka ariko akaza
kira, ariko byarangiye yitabye Imana.
Uyu
mugabo yakiniye ikipe ya Los Angeles Lakers imyaka 20 kuva mu 1996 aza
guhagarika gukina mu 2016, akaba yaratwaye NBA inshuro 5, atorwa inshuro 4
nk’umukinnyi mwiza kurusha abandi muri Amerika.
Ubutumwa bwa nyuma yanditse mbere y'uko yitaba Imana, Bryant yanditse ku rukuta rwe rwa twitter ashimira James aho yagize ati “Komeza
uteze imbere umukino. Ndakubaha cyane muvandimwe.”
Kobe
Bryant kuri uyu wa Gatandatu nibwo Lebron James bahanganye mu kibuga igihe
kirekire, ubu akaba yaraje muri iyi kipe Kobe yakiniye yamuciyeho k’urutonde
rw’abatsinze amanota menshi mu mateka ya NBA afata umwanya wa 3.
Kobe
Bryant yapfuye afite imyaka 41 y’amavuko. Yasize umugore we Vanessa Bryant n’abana 3 dore ko uwa kane nawe yahitanywe n'iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo wubatse ibigwi mu mukino wa Basketball ku Isi.
Kobe Bryant yitabye Imana azize impanuka y'indege
Kobe Bryant asize amateka akomeye muri NBA
Kobe Bryant ari ku mwanya wa kane mu batsinze amanota menshi muri NBA
TANGA IGITECYEREZO