RFL
Kigali

Umujinya mwiza! Nzirorera wize muri Havard mu rugamba rwo kugabanya abanyamahanga bakora imishinga y'ubwubatsi mu Rwanda

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:25/01/2020 10:32
1


Nzirorera Alexis washinze ishuri rihugura abize ibijyanye n’ubwubatsi no guhanga inyubako [Civil Engineering na Architecture] avuga ko arajwe ishinga no gutanga ubumenyi bwo ku rwego rwo hejuru ku buryo imishinga minini y’ubwubatsi iva mu maboko y’abanyamahanga igakorwa n’abanyarwanda.



Iyo urebye imishinga minini y’ubwubatsi iri mu Rwanda, haba kubaka imihanda, ibiraro, inyubako usanga bikorwa cyane n’ibigo by’abanyamahanga cyane cyane Abashinwa.

Ibi biterwa n’uko bateye imbere cyane mu gukoresha ikoranabuhanga mu guhanga inyubako no kuzabaka.

Nzirorera Alexis ni umunyarwanda wize ibijyanye n’ubwubatsi muri kaminuza zikomeye ku Isi harimo Havard University aho yize ishami ryitwa Architecture Imagination na British Colombia University aho yize ibyitwa Eco Design for Citizen Suburbs.

Mu mwaka wa 2018 yatangije ishuri rihugura abize ibijyanye n’ubwubatsi [Civil Engeneering] no guhanga inyubako [Architecture] kuko yabonaga abanyeshuri bo mu Rwanda hari ubumenyi bukenewe ku isoko badafite.

Ati “ Nkirangiza kwiga umushinga nakoze ITF [International Tennis Federation] yawemeje nk’umushinga uteguye neza mu bijyanye na Tennis muri Afurika y’Uburasirazuba. Niho nakuye igitekerezo ndavuga nti niba mu Rwanda hari abantu babyize imyaka irenze itanu kubera iki batarabigeraho? Bituma mbona ko hari itandukaniro hagati y’ibikoreshwa ku isoko n’ibiri kwigishwa mu makaminuza. Ndavuga nti amahugurwa nafashe reka nshinge ikigo gitanga asa nayo.”

Nzirorera Alex avuga ko icyo agamije ari uguhugura abari mu bwubatsi benshi ku buryo imishinga y’ubwubatsi minini ihabwa abanyamahanga izagera aho ikorwa n’abanyarwanda ubwabo.

Ati “Niba imishinga yose iremereye igihugu kijya gushaka abayikora bavuye mu bihugu bya kure ni uko hari ubumenyi runaka tuba tudafite. Turashaka gukorana n’abanyamahanga baza  kwigisha abanyarwanda gukora akazi ku buryo mu myaka itanu cyangwa 10 tutazaba dukeneye guhamagara abo banyamahanga.”

Kuva Nziza Training yatangira mu 2018 bamaze kwigisha abanyeshuri bagera kuri 83. Mu mwaka ushize harangije 12 mu gihe muri uyu mwaka wa 2020 hasoje abagera kuri 71 biganjemo igitsina gabo dore ko abagore ari batanu gusa.  

Abize ubwubatsi no guhanga inyubako 71 barangije amahugurwa muri Nziza Training Academy

Nzirorera Alexis wize muri Kaminuza zikomeye yiyemeje gusangiza ubumenyi bwe abanyarwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uzamukunda charlotte4 years ago
    Umva turabyishimiye nibyizacyane ntampamvuyogukoresha abanyamahanga natwe turashoboye ubumenyi bufite ireme ubushomeri bucike





Inyarwanda BACKGROUND