Mu bihugu byose bituye isi buri kimwe kigira umwihariko wacyo, nubwo bitabujije ko hari ibyo ushobora gusanga bihuriyeho. Gusa na none hari ibihugu usanga bifite umwihariko kurusha ibindi. U Bushinwa bufite byinshi bitangaza buri wese uturutse mu kindi gihugu. Yaba amateka yacyo, imico y’abaturage n’ibindi bitandukanye.
1.Mu Bushinwa, iyo umuntu afite agatubutse
akoze icyaha cyamufungisha ashaka umuntu
akamuha amafaranga menshi afatika maze uwo muntu agafungwa mu mwanya we.
4.Kubaka inzu mu Bushinwa si amajyambere baba barangamiye cyane ahubwo ni ukugira ngo ama kompanyi y’ubwubatsi abone akazi kandi banarwanye ubushomeri bukabije.
5.Umuntu umwe mu baturage batanu batuye isi ni
umushinwa. Ubushinwa ni cyo gihugu gituwe n’abantu benshi ku isi kuko abashinwa
ni kimwe cya gatanu cy’ abaturage batuye isi kikaba gituwe n’abaturage barenga
biliyoni imwe na miliyoni magana ane mu gihe isi yose ituwe n’ abarenga biliyoni
zirindwi. U Bushinwa bukaba burusha umugabane w’ Afurika abaturage kuko wo utuwe na
biliyoni 1 na miliyoni magana abiri na cumi n’esheshatu.
6.U Bushinwa ni cyo gihugu gifite inganda nyinshi ku Isi bigatuna iki gihugu kigira ikirere gihumanye cyane kubera ibyuka bibi bisohora muri izo nganda bigahumanya ikirere.
7.Bitandukanye n’ibindi bihugu, mu bice bimwe
na bimwe by’Ubushinwa hari abantu bajya ku mirimo cyangwa mu masoko
biyambariye imyenda yo kurarana tuzi nka pinjama.
8.Umuvundo w’imodoka tuzi nka ambutiyaje
ukabije wabaye mu Bushinwa wamaze iminsi 10 ukaba warareshyaga na mile 60 bijya
kungana na kilometer 80.
10.Bitewe n’ ukuntu ikirere cy’Ubushinwa gifite umwuka wanduye, abantu bafite amafaranga bagura umwuka usukuye abantu bakawuhumeka. Uba ufite impumuro zitandukanye.
Src: www.visiontimes.com
TANGA IGITECYEREZO