RFL
Kigali

Ibyo wakwitaho ukabasha gusinzira neza igihe ugiye kuryama

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:24/01/2020 12:30
0


Abantu bamwe bakunze kugira ikibazo cyo kubura ibitotsi igihe agiye kuryama nyamara yari amasaha yo uruhuka ndetse yumva abikeneye cyane. Hari n’abo usanga avuga ngo yatangiye gusinzira amasaha yo kubyuka ageze bitewe n’imirimo akora imusaba kubyukira amasaha aya n’aya.



Kubura ibitotsi rero ni ikibazo gituruka ku mpamvu nyinshi zitandukanye ushobora kuba utitaho kuko utabizi cyangwa ukaba wirengagiza nkana.

 

Urubuga doctissimo.fr rugaragaza iby’ingenzi ukwiye kwitaho ukaba Wabasha gusinzira neza mu gihe nyacyo.

 

1. Kubaha igikorwa ugiye gukora

Hari abantu bajya kuryama ukaba wagira ngo yinjiye mu kabyiniro bitewe n’urugero rw’umuziki arekuye cyangwa ukagira ngo niwo mwanya abonye wo kuganira kubera gukoresha fone ku buriri nyamara aba yiyangiza. Niba ushaka gusinzira neza banza wubahe igikorwa ugiye gukora, umenye amasaha nyayo y’icyo gikorwa ugiye gukora cyo kuryama kandi uyubahirize nk’uko wubahiriza ay’ibindi bikorwa ukora bitandukanye.

Niba hari isaha wiyemeje kuryamiraho wirinde kuyirenza ngo ni uko ukireba agafilime keza, wasuwe n’inshuti zikuganiriza, wagize imirimo myinshi n’ibindi nk’ibyo. Ubushakashatsi bwagaragaje ko ubwonko bw’umuntu bumenyereza umubiri igihe nyacyo cyo kuruhuka.

Mu gihe wakirengeje rero bizakuvuna cyane kubona ibitotsi kuko ubwonko buzaba bwamaze kubona ko utakibikeneye nibwo uzagera mu buriri ugasanga wigaragura wabuze ibitotsi.

Ni byiza kandi kwimenyereza n’isaha yo kubyukira bityo umubiri ukabaho muri iyo gahunda.

 

Mu gihe cy’impera z’icyumweru(weekends) benshi bakunze kwirengagiza iyi ngingo nyamara ni yo ituma benshi bajya ku kazi ku wa mbere bagisinzira, bagatangira icyumweru nabi kuko baba bamaze gutuma ubwonko buhindura gahunda bumenyereye.

 

2. Irinde ubushyuhe bukabije

Mu gihe witegura gusinzira umubiri ukoresha uko ushoboye kose ukagabanya ubushyuhe buwurimo. Ni byiza rero ko nawe uwufasha muri icyo gikorwa ukirinda ubushyuhe bukabije ukirinda kwambara ibintu byinshi, koga amazi ashyushye mbere yo kujya kuryama ahubwo ukoga akonje kuko bifasha umubiri kuruhuka neza.

binatuma umubiri wishakira ubushyuhe nyabwo ukeneye kugira ngo uruhuke uko bikwiye.

 

3. Kwita kubyo urya nijoro

Iyo igogora ridakozwe neza umuntu ntasinzira uko bikwiye. Ni yo mpamvu ari byiza ko umuntu arya ibyo kurya byoroheje biza koroshya igogora bityo no gusinzira bikoroha.

Bimwe muri ibi byo kurya harimo nk’imboga nyinshi, ifi, imbuto ndetse n’ibikomoka ku mata byose.

Abashakashatsi bahamya ko amata y’akazuyazi ari umuti mwiza ku bantu badakunze kubona ibitotsi dore ko ngo yifitemo intungamubiri zifasha ubwonko kurekura imisemburo itanga umutuzo n’ibitotsi.

Hari n’ibyo kurya rero umuntu agomba gusezerera burundu mu mafunguro y’umugoroba nk’inyama, urusenda, inzoga, ikawa n’icyayi. Ni byiza kandi ko umuntu yirinda kurya cyane ngo agwe ivutu kuko bigora igogora kandi umuntu akarya byibura mbere y’amasaha 2 ngo aryame.

 

4. Menya kwita ku buryamo bwawe

Icyumba cyo kuraramo si ahakorerwa imirimo yose ibonetse. Si ho urangiriza akazi wavuye mu biro utarangije, si ho urangiriza filime yakuryoheye n’ibindi nk’ibyo. Icyumba cy’uburyamo ni icyo kuryamamo gusa.

Uburiri rero bwo ni ikintu gikomeye cyane! Biragoranye cyane kuba wasinzirira mu buriri buriho ibiryamirwa (matela, amashuka n’ibiringiti) bidafite isuku.

Menya guhindura ibiryamirwa kenshi gashoboka ubikorere isuku kandi wibuke gusasa kare ku buryo niwinjira mu cyumba cyawe ukareba uburiri byonyine biguha igitekerezo cyo kuruhuka bya nyabo.

Reba hafi y’uburiri ko nta kajagari gahari, imyenda itazinze, inkweto hirya no hino, n’indi myanda itandukanye mbese ube wizeye neza ko icyumba cyawe ari ahantu ho kuruhukira koko. Aho uzaba wizeye kugira inzozi nziza.

 

5. Irinde ibitekerezo byinshi

Bimwe mu bitekerezo bya muntu bituma adasinzira ndetse bikaba byarutwa n’aho yigumiye yicaye aho kujya mu buriri.

Ni byiza rero ko umuntu yirinda gutekereza cyane mu gihe agiye kuryama, akibagirwa ibyo yiriwemo bitagenze neza cyangwa ibyo ateganya gukora ejo.

Ku bashakanye biragoye cyane ko mwabona ibitotsi mu gihe uburiri bwabaye ikibuga cy’intonganya ni byiza ahubwo ko haba aho kwiyungira mwese mugasinzira mufite umutima unezerewe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND