RFL
Kigali

Impamvu Christopher ari we watoranyijwe ngo aririmbane na Kassav kuri Saint Valentin

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:24/01/2020 9:59
0


Abategura igitaramo cyo kwizihiza umunsi w’abakundana cyatumiwemo itsinda ryo mu Bufaransa rya Kassav, bavuze ko Christopher ari we muhanzi rukumbi wo mu Rwanda ufite impamvu nyinshi zatuma ahurira ku rubyiniro n’iri tsinda ryabaye ubukombe.



Tariki 14 Gashyantare buri mwaka hizihizwa umunsi wa mutagatifu Valentin ufatwa nk’urugero rw’abakundana. Byabaye umuco ko kuri uyu munsi abari mu rukundo bishimisha bagakomeza kuvomerera urwabo.

Kompanyi zisanzwe zitegura ibirori bitandukanye mu Rwanda ari zo RG-Consult na Arthur Nation, bateguye igitaramo cyo kwizihiza Saint Valentin kizasusurutswa n’itsinda ryabaye ubukombe ku Isi mu njyana ya Zouk n’umunyarwanda Christopher [Kassav Live in Kigali ft Christopher]

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2020, Umuyobozi wa Arthur Nation Nice Budandi yavuze ko impamvu bahisemo Christopher kugira ngo azakorane na Kassav, ni uko uyu musore ari kwizihiza imyaka 10 amaze mu muziki mu gihe Kassav bizihiza 40 kuba amenyereweho kuririmbira abantu kuri Saint Valentin.

Ati “ Turimo gutekereza abo twafatanya nabo mu Rwanda twasanze Christopher nawe ari kwizihiza imyaka 10 amaze muri muzika bikaba byaranahuriranye ko asanzwe akora ibitaramo ku munsi wa Saint Valentin, amaze imyaka ine. Duhita twumva ko nta wundi twakorana kugira ngo duhe abanyarwanda ibintu bifatika.”

Christopher yavuze ko atewe ishema no kuba agiye guhurira ku rubyiniro n’itsinda rya Kassav ryatangiye gukora umuziki ataravuka ndetse indirimbo ryazo rikaba ryarafashije ababyeyi ubwo bari bakirambagizanya.

Yongeyeho ko iki ari cyo gitaramo cya mbere agiye kitamutwaye imbaraga nyinshi kuko abari ku gitegura bafite ubunararibonye, yizeza abakunzi be kuzibonera umuziki uryoshye.

Ati “Niteze ibintu byo ku rwego rwo hejuru kuko nibwo bwa mbere nkoze igitaramo bitamvunnye. Ni isomo ryiza nkuyemo gukorana n’abantu bafite ubunararibonye. Imbaraga nyinshi ziri ku buryo nzaririmba kuri uriya munsi nigenda nabi ku ruhande rwanjye ntacyo nzitwaza.”

Iki gitaramo kizabera muri Kigali Convention Center kwinjira ni amafaranga ibihumbi 10 mu myanya isanzwe, ibihumbi 20 mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 30 mu cyubahiro cy’ikirenga.

Christopher atewe ishema no guhurira ku rubyiniro na Kassav

Imyiteguro y'igitaramo cya Kassav igeze kure






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND