Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi Haruna Niyonzima yongeye kwereka abafana b’ikipe ya Yanga Africans ko akiri Haruna wahoze muri iyi kipe nyuma yo gutsinda igitego kimwe muri bitatu batsinze Singida United, kikaba ari cyo gitego cya mbere yatsinze kuva yayisubiramo mu Ukuboza 2019.
Yanga
Africans yagiye gukina uyu mukino itari mu bihe byiza kuko mu mikino itatu
iheruka batigeze babona intsinzi muri Shampiyona. Ukaba ari umukino wabereye mu
Ntara ya Singida, warangiye Yanga ibonye amanota atatu ku ntsinzi y’ibitego
3-1.
Igitego
cya mbere cya Yanga Africans cyabonetse hakiri kare ku munota wa 11’ gitsinzwe
na David Molinga, ku mupira yari ahawe na Mapinduzi, ukaba wari uvuye kuri
Haruna Niyonzima uzwi nka Fabregas.
Iminota
45 y’igice cya mbere yarangiye Yanga Africansiyoboye ku kinyuranyo cy’igitego 1-0, mu gice cya kabiri ku munota wa 57’
Haruna Niyonzima yatsinze igitego cya kabiri ku ishoti yatereye mu rubuga rw’umunyezamu
umupira uboneza mu rushundura.
Igitego
cya gatatu cya Yanga Africans cyatsinzwe na Gnamien Yikpe ku munota wa 77’. Mu
gihe igitego cya Singida United cyatsinzwe na Six Mwakasege ku munota wa 82’
umukino.
Yanga
Africans yahise ifata umwanya wa kane n’amanota 28, irushwa amanota 13 na Simba
SC ya mbere ifite 41.
Uyu
ni umwaka wa karindwi Haruna ari gukinira iyi kipe ikunzwe na benshi muri
Tanzania, akaba yatwaranye na Yanga SC ibikombe bine bya shampiyona, igikombe
kimwe cya CECAFA Kagame Cup n’ibikombe bibiri bya ‘Charity Shield’. Akaba yaranagize
uruhare rukomeye mu kugeza iyi kipe mu matsinda ya CAF Confederations Cup mu
2016.
Haruna yasubiye muri Yanga mu Ukuboza 2019
Haruna yatsinze igitego kimwe muri bitatu batsinze Singida United
TANGA IGITECYEREZO