RFL
Kigali

Dr.MUVUNYI Bienvenue yadutangarije uko wakwirinda indwara y’umutima izwi nka 'Rheumatic Heart Disease'

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:23/01/2020 18:00
0


Muri iki gihe indwara zitandukanye z’umutima zisigaye zibasira benshi ku Isi ndetse no mu Rwanda aho buri mwaka abantu batari bacye bapfa bazize indwara zibasira umutima. Dr.Muvunyi Bienvenue inzobere mu kuvura indwara z’umutima yatanze inama ku ndwara 'Rheumatic heart disease', ibiyitera, ibiyiranga ndetse n’uko wayirinda.



Indwara y’umutima izwi ku izina rya Rheumatic heart disease mu ndimi z’amahanga ni uburyo utudirishya dukinga tukanakingura ibyumba by’umutima (Heart valves) twangirika bitewe n’indwara bita Rheumatic fever nayo iterwa no kurwara indwara zitandukanye zifata mu muhogo harimo n'iyitwa gapfura iterwa na bakiteri yitwa streptococcus. Rero iyo utwo tudirishya tudafunguka bituma umutima unanirwa ukarwara.

Kurikira ikiganiro INYARWANDA yagiranye na Dr Muvunyi

Inyarwanda.com: Iyi ndwara ifata ite? Ni bande bafite ibyago byinshi byo kuyirwara? 

Dr.Muvunyi: Iyi ndwara y’umutima ikunze kugaragara ku bantu bakunze kurwara indwara zo mu muhogo kenshi bakiri bato ariko ntizivurwe neza, harimo n’iyitwa gapfura.     

Inyarwanda.com: Iyi ndwara iterwa n'iki?

Dr.Muvunyi: Iyi ndwara kugira ngo umuntu ayirware bitangira kare akiri umwana aho atangira kurwara indwara zo mu muhogo, ubona yabyimbye, agatangira kunanirwa kumira. Iyo bigenze gutyo, umwana aba afite kujyanwa ku kigo nderabuzima bakamuha antibiyotike (antibiotics) nka Penisiline (penicillin), ariko iyo atajyanyweyo cyangwa ntavurwe neza, umubiri we utangira gukora abasirikare bo kurwanya iyo ndwara. 

Ariko ikibazo kibamo hagati aho abo basirikare ntibabasha gutandukanya utwo dukoko twa streptococcus, n’ibice by’umubiri cyane cyane umutima. Ibyo ni byo bigenda bikangiza twa tudirishya tw’umutima bigateza indwara bita Acute rheumatic heart disease. Iyi ndwara ikaba ishobora guhita ivurwa igakira iyo bimenyekanye hakiri kare.

Inyarwanda.com: Ni ibihe bimenyetso biranga iyi ndwara?

Abarwayi bakunze kuboneka bafite iyi ndwara y’utudirishya tw’umutima bakunze kunanirwa cyane, bagira impumu, ntibashobora guhinga, ntibashobora guterera umusozi, ku buryo iyo ari umwana mu gihe abandi bana ubona biruka we uba ubona atabishoboye cyangwa atabasha ijerekani ngo azane amazi. Ikindi ku bana bato n’imikurire ishobora kutagenda neza kubera ko umutima ukenera byinshi kurenza ibyo yinjiza. Iyo bigenze gutyo ashobora kubyimba mu mihogo, umutima ugatera cyane, n’ibindi bimenyetso bishobora gukurikiraho.

Inyarwanda.com: Ni gute wakwirinda iyi ndwara cyangwa wakora iki ngo uyirinde?    

Dr.Muvunyi: Ubwirinzi bw’izi ndwara twabufata mu bice nka bine by’ingenzi:

1.       Ni uko abantu bamenya ko izo ndwara ziriho cyane cyane indwara zo mu muhogo abantu bakazivuza hakiri kare. Ni ugushyiraho ingamba n'aho abantu bivuriza.

2.       Ni uko niba umuntu yagiye kwivuza bimenyekana kugira ngo niba ari antibiyotike (antibiotics) bazimuhe hakiri kare kugira ngo akire.

3.       Ndetse nimba igihe umuntu yarwaye Acute rheumatic fever bwa mbere cyangwa umutima we watangiye kwangirika, agomba gufata antibiyotike (antibiotic) igihe kirekire kugira ngo atazongera kurwara.

4.       Mu gihe umuntu yarwaye umutima, abakeneye kubagwa kugira ngo wa mutima wananiwe utamuhitana, hagakurikiraho gukurikiza inama za muganga, kuko hari izo tubagira urugero nk'ibyo umuntu akwiriye kurya, imiti batanga yo gufata igihe kirekire, urugero hari abarwara umutima bakaba bakenera kuzabyara, gusama inda rero bitewe n’ubwoko bw’imiti afata hari abo tutemerera kuko byabagiraho ingaruka.

Dr. Muvunyi Bienvenue akomeza asobanura ko abantu bafite ibyago byinshi byo kuyandura ari abana bakunze kurwara mu muhogo bari hagati y’imyaka itanu na cumi n'itanu. Ikindi ni umuntu ufite byibura umuntu umwe wigeze kuyirwara mu muryango. Yavuze ko kandi umuntu wigeze kuyirwaho mbere aba afite ibyago byo kongera kuyirwara. Abandi ni abantu babayeho mu bukene badashobora kwivuriza igihe, cyangwa bakajya kwivuriza muri magendu, bakabaca ibirimi n’ibindi.

Icyo atanga nk’inama, ni uko buri wese ashobora kuyirwanya kuko iyi ndwara ntabwo yandura ku buryo utabasha kuyirinda. Gusa yavuze ko bisaba kwigengesera mu gihe haje uburwayi bwo mu muhogo, ukivuza neza. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND