RFL
Kigali

Umufaransa Bernard Arnault ubu ni we mukire wa mbere ku Isi nyuma yo gukubita inshuro umunyamerika Jeff Bezos

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:18/01/2020 10:27
1


Kuri uyu wa Gatanu amateka yahindutse nyuma y'uko umufaransa ahigitse abanyamerika akabakura ku ntebe bamazeho igihe. Magingo aya Bernard Arnault atunze akayabo ka miliyaridi $117 mu gihe Bezos Jeff yaguye mu gihombo akava kuri miliyarid $117.5 ubu akaba atunze agera kuri miliyaridi $115.6 nyuma y'uko umugabane muri amazon wamanutseho 0.7%



Ubutunzi nta nzira bugira ihamye yo kubugeraho, gusa ikizwi ni uko byose bigerwaho bivuye mu gukora ariko ntabwo abakora bose ari ko batunga ngo batunganirwe ahubwo byose bishingira mu buryo tugenda ducunga ibyo dutunze neza n'uburyo tubikoresha.

Kuri uyu wa Gatanu mu rukerera ni bwo urubuga rwa Forbes ducyesha iyi nkuru rwatangaje ko umukire wa mbere ku Isi atakiri umunyamerika nk'ibisanzwe ahubwo yabaye umufaransa. Imvo n'imvano yabyo ni uko umukire Jeff Bezos yagize igihombo aho umugabane umwe muri Amazon ikigo abereya umuyobozi akaba na nyiracyo wagabanutseho 0.7% ari nabyo byahaye urwaho uwo bari bahanganye agahita amuca mu rihumye.Jeff Bezos

Nyuma y'uko imigabane muri Amazon itakaje agaciro kangana na 0.7% ibi byahise bituma Jeff Bezos agwa mu gihombo biha icyuho uyu mufaransa Bernard Arnault nyiri ikigo cya LVMH gicuruza ibicuruzwa bitandukanye birimo iby'ubugeni, ubwubatsi ndetse n'ibindi mu ngeri zitandukanye.

Ubwo Bernard Arnault yaganira n'ikinyamakuru cya Forbes yiyamye abantu bashaka kumugereranya na Bill Gate nyiri ikigo cya Microsoft aho yagize ati” Nduma mutatugereranya na Microsoft kuko twe tumeze nk'abari gutangira ariko twizeye kugera kuri byinshi bityo ndumva nta mpamvu yo kugereranya LVMH na Microsoft kuko turatandukanye cyane”.

Ibi byose uyu mugabo avuga birasa no kwerekana ko agifite urugendo kandi yizeye kuzarusohoza. Ibi ntibitindwaho na benshi kuko muri Kamena ni bwo yatangiye uru rugendo aho yavuye ku mwanya wa 5 yari asanzweho agahita aza guhatana na Bill Gate ku mwanya wa kabiri ndetse akomeza urugendo aho mu mpera z'umwaka wa 2019 yatangiye kugera amajanja Jeff Bezoz wari umeze nk'uwaguze uyu mwanya none biranyiye yeretse Isi ko byose bishoboka.

Ese Bernard Arnault uyoboye abatunzi ku isi hose ni muntu ki?

Bernard Arnault yavukiye mu gihugu cy'u Bufaransa akaba yarabonye izuba ku wa 5 Werurwe 1949. Yaminuje mu bijyanye n’ubwubatsi (Civil engineering), akaba yari afite se ufite ikigo gikora ubwubatsi ari naho yazamukiye nyuma aza kwereka ubushobozi buhambaye se umubyara mu bucuruzi.

Byaje kumutiza umurindi wo kwagura ibitekerezo mu bijyanye n'ubucuruzi, aha yatangiye ahindura intumbero z'iki kigo cyari icya se akamugira inama yo kujya mu bucuruzi bw'imitungo itimukanwa. Bernard Arnault ni umugabo ufite abana 5 akaba yarababyaranye n'abagore 2, umugore wa mbere babyaranye umuhungu n'umukobwa, umugore wa kabiri babyaranye abahungu 3.

Uyu mugabo ni umushoramali mu mishinga igiye itandukanye mbese ni kwa kundi bavuga mu kinyarwanda bati “Bagarira yose ntabwo uzi irizera n'irizarumba.” Gukora cyane byanamutije umurindi bituma ahigika n'abanyamerika mu butunzi.

Ubutunzi si impanuka bisaba kubutegura gusa benshi mu bantu b'iyi minsi kubera uburyo ubuzima basigaye bibeshya ko bworoshye kubera ikoranabuhanga risigaye ryarafashe Isi rikayigira umudugudu, baba bazi ko byose bishoboka, yego birashoboka ariko biraharanirwa kandi biravugana. Gufata ingamaba z'iterambere ndetse ugapanga n'uko uzabigeraho ni yo ntwaro y'ubuzima.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hitimana jean erc4 years ago
    Yego rwose nibyo kugerakure bisabakubanza gushyiraho ingambazihamye abaherwe nibakomeze kudutera imbaraga badusangiza ubunararibonye bwuko babigezeho!!





Inyarwanda BACKGROUND