Bikunze kugorana ko wabona umukobwa utinyuka kubwira umuhungu ko amukunda. Mu Rwanda ho biba ibindi kuko usanga umukobwa yashakana n’umusore adakunda kandi hari uwo yakunze agatinya kubimubwira kubera kwitinya no gukurikiza uko kuva mu myaka yo hambere byari bimeze kugeza ubu.
Ni
gake waganira n’umukobwa akakwereka ko yakwihebeye ahubwo asa nk’ubyirengagiza
akajya abikwereka mu marenga no mu bikorwa bimwe na bimwe akora agakora uko
ashoboye wowe ukabona ko ari ibintu bisanzwe ariko waba uzi gusesengura ugahita
umenya aho bigana.
Dore
ibimenyetso bizakwereka ko umukobwa agukunda bimwe byanatuma arara adasinziriye
kubera wowe
1.
Avugana n’abandi ugasanga wowe arakwitarutsa
Umukobwa
ugukunda akaba yarabuze aho yaguhera akenshi usanga agutinya , ibyo bituma
yumva atakuvugisha igihe kinini ndetse waza kumuvugisha akakwitarutsa, usanga
aba yifuza kuba yavugana nawe gusa kubera ubwoba no kumva ko uri umuntu
utandukanye n’abandi bigatuma atakuvugisha cyane.
2.
Ashobora kujya akuratira inshuti ze avuga ukuntu uri umuhungu w’igitangaza
Umukobwa
wagupfiriye ahora atekereza ko uri umuhungu utandukanye n’abandi mu buryo
bwose, bituma kugutekereza no kuba yahamana uko agutekereza mu mutima we
bimurenga agatangira kujya yumva wahora mu biganiro bye n’abandi. Ibi rero
bituma iyo atangiye kuganira n’inshuti ze mu biganiro bye wiganza cyane akajya
akugarukaho buri kanya ndetse n’iyo baba bari mu bindi biganiro.
3.
Aguhozaho ijisho iyo utari kumureba, mwahuza amaso akareba hirya
Umukobwa
ugukunda cyane ntahwema kuguhozaho ijisho iyo muri mu gace kamwe ndetse iyo
ubimenye ukamureba nawe ahita areba hirya akakwereka ko atari wowe yari ari
kureba nyamara wakongera kureba ku ruhande imboni ye akayiguhanga.
4.
Iyo muri kumwe ntabwo avuga menshi
Iyo
uri kumwe n’umukobwa ugukunda akenshi amagambo aba make ahubwo agakora
ibikwereka ko hari ukuntu kudasanzwe aba akwiyumvamo, agerageza kuvuga iyo hari
icyo umubajje ndetse yanagusubiza akirebeshwa ku ruhande n’amasoni menshi.
5.
Abaza inshuti zawe za hafi byinshi bigendanye n’ubuzima bwawe
Umukobwa
ugukunda ku rwego rwo hejuru aba yumva yamenya byinshi bikwerekeye ho rimwe na
rimwe akanabibaza inshuti zawe kubera ko wowe aba agutinya yumva kukuvugisha
ari ukugera mu yindi Si cyangwa kuba mu kajuru gato. Aba yumva nabikwibariza
ushobora kumutahura nyamara aba ashaka kuguma kubihisha.
6.
Aseka n’ibidasekeje igihe uvuze ikintu muri kumwe
Ikizakubwira
umukobwa wahengamye kubera wowe akenshi ahorana ibitwenge bya hato nahato iyo
uvuze muri kumwe , akenshi aba abikora ngo umuhange ijisho cyangwa se ugire
ikintu umubaza. Aba ashaka ko ubona ko akwitayeho kandi aguteze amatwi.
7.
Akora utuntu dutandukanye ngo umuhange ijisho
Umukobwa
ugukunda akaba yarabuze uko abikubwira akenshi akora utuntu dutuma umuhanga
amaso , nko kubyina cyangwa utundi tuntu twatuma umuhozaho ijisho muri kumwe.
8.
Azigira inshuti ya hafi y’abo mukunze kuba muri kumwe
Umukobwa
nk’uyu ugukunda akaba yarabuze inzira yabicishamo akenshi amenya abantu mukunda
kuba muri kumwe maze abigireho inshuti mu rwego rwo gushaka ukuntu
yakwiyegereza. Aba yumva yaba aho uri bigatuma amenyana n’inshuti zawe ngo n’uba
kumwe nazo nawe abonereho anarusheho kumenya amakuru yawe ya buri munsi.
9.
Nta na rimwe azagerageza gutangiza ibiganiro muri kumwe
Amasoni
aba ari menshi ndetse rimwe na rimwe iyo muri kumwe agerageza uburyo mutahuza
amaso , usanga amagambo yamushiranye muri make keretse iyo umuvugishije we
ntago yabasha kugira icyo akubaza , asubiza iyo haricyo umubajije gusa.
10.
Akunda gukurikira imbuga nkoranyamba zawe kenshi
Umukobwa
ugukunda agukurikira bucece ku mbuga nkoranyambaga , aba agira ngo arebe ko nta
bandi bakobwa waba ucuditse nabo kuri izi mbuga.
TANGA IGITECYEREZO