Hari abaherwe benshi mu isi ya none ariko ikibabaje ni uko mu baherwe 2,153 dusanga ku Isi, 13 bonyine ni bo b'abirabura nk'uko tubikesha Forbes. Ibi bingana na 1%.
Muri abo baherwe 13 twabonye b'abirabura
3 muri bo ni abagore. Nubwo abagore bagenda bagerageza uko bashoboye ngo baze
imbere imbogamizi ziracyari nyinshi by'umwihariko ku birabura kuko haracyari
intambwe nini yo gutera kugira ngo uyu mubare uzamuke.
Face2face Africa yagaragaje
abagore b’abirabura 3 nk’abahiga abandi kuri uru rutonde aribo:
1.Oprah Winfrey
Umugore yamenyekanye cyane mu
itangazamakuru akaba yaravutse mu mwaka w’i 1954, ndetse yanyuze no mu buzima
butoroshye kugira ngo abashe kugera aho ari uyu munsi, afite asaga
miliyaridi 2.7 z’amadolari.
Ubwo Oprah yarari mu myaka 20
yari umunyamakuru, ariko aza kwirukanwa bamuhora kuzana amarangamutima menshi mu
nkuru yataraga. Gusa ntibyamuciye intege kuko yarakomeje yiteza imbere ashinga
television ye, ikinyamakuru cye n’ibindi bikorwa bigiye bitandukanye
byamwinjirije amafaranga atari make.
2.Isabel dos Santos
Uyu ni umukobwa w’uwahoze ari
President wa Angola ariwe Jose Eduardo
dos Santos wayoboye Angola kuva mu mwaka w’i 1979 kugeza 2017. Isabel akaba
afite imyaka 46 yavutse ku itariki ya 1 Mata umwaka w’i 1973. Umutungo afite
ukaba ungana na miliyaridi 2.2 z’amadolari .
Forbes igaragaza ko ubwo se
wa Isabel yari akiri ku butegetsi umukobwa
we yari afite imigabane muri kompanyi zimwe zo muri Angola harimo Bank zigiye
zitandukanye ndetse n’ikigo cya Telecom. Uyu mugore akaba yikorera ku giti
cye ndetse afite n’imigabane mu bigo
byinshi bya Portugal.
3.Folorunsho Alakija
Folorunsho ufite imyaka 68 akomoka muri Nigeria akaba ari umherwe ndetse yikorera ku giti cye akaba afite umutungo ungana na miliyaridi 1 y’amadolari. Alakija yatangiye akora nk’umunyamabanga w’ikigo cya Sijuade giherereye muri Nigeria aha hari mu mwaka w’i 1974.
Ni we washinze The Rose of Sharon Prints&Promotions ndetse ni nawe mukuru wungirije ikigo cya Famfa Oil Limited. Iki kigo cya Famfa Oil Limited cyemerewe uburenganzira bwo gukora na guverinoma ya Nigeria mu mwaka w’i 1993.
Mu bo bafatanyije iki kigo harimo Chevron na Petrobras. Alakija yaratangiye kwikorera akora ibijyanye n’imideli mu bakiriya be b’imena harimo n’umugore w’uwahoze ari President wa Nigeria Ibrahim Babangida.
Src:Face2faceafrica.com
TANGA IGITECYEREZO