RFL
Kigali

Uko Mutimawurugo yasagariwe n'igico kiyobowe n'umuhanzi uzwi bamuziza indirimbo irwanya ibiyobyabwenge

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:9/01/2020 12:05
1


Mutimawurugo Claire uhanga ku ndirimbo z’Uburere Mboneragihugu yavuze uburyo yigeze gusagarirwa n’itsinda ry’abanywa ibiyobyabwenge riyobowe n’umwe mu bahanzi bazwi cyane mu Rwanda.



Ibi yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yavugaga ku irushanwa yise ‘Hashya Ibiyobyabwenge’ rihuza abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bafite impano yo guhanga imivugo n’indirimbo.

Ni irushanwa rigiye kuba ku nshuro ya kabiri nyuma y’iryabaye mu mwaka ushize rigahuza ibigo 30 byo mu mujyi wa Kigali bigaragaramo cyane ikibazo cy’ibiyobyabwenge kurusha ibindi.

Ni igitekerezo avuga ko cyamujemo mu rwego rwo gufasha igihugu mu guhangana n’ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikomeje koreka urubyiruko ariko anateza imbere abana bifitemo impano zo kuririmba no guhanga imivugo.

Ati “Naratekereje nti ‘niba ndi umuhanzi uvuga ko nkunda igihugu. Tugeze mu gihe cyo kugira ngo ibyo avuga abe ari na byo akora. Naratekereje ni iki nshobora gukora nk’umuhanzi kugira ngire uruhare rwanjye mu kubaka igihugu?”

N’ubwo Mutimawurugo yibanze mu mashuri abanza n’ayisumbuye, yavuze ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge kiri no mu bantu bakuru, aho yifashishije urugero rw’umuhanzi ubikoresha wigeze kumusagarira akeka ko agiye kumuhururiza.

Ati “Hari ahantu hamwe nigeze kujya ndi muri studio nari ndi gukora indirimbo yitwa “Hashya Ibiyobyabwenge”, hanyuma ndasohoka ndi kuri telefone umwe mu bahanzi tuzi ntari buvuge  agira ngo muhamagarije polisi. Nagiye kubona azanye abandi b’ibigare benshi basangira ibyo bimogi byabo mbona barangose, ndavuga nti ‘bano bantu n’ukuntu bameze baranyica. Mfite ukundi nahamagaye izindi nzego njya mu modoka ndataha.”

Irushanwa rya Hashya Ibiyobyabwenge ku nshuro ya kabiri rizabera mu turere twa Burera, Gicumbi na Nyagatare aho muri buri karere hazajya hava ibigo 10 byagaragaye ko birimo ikibazo cy’ibiyobyabwenge kuva tariki 20 Mutarama kugera tariki 09 Gashyantare 2020.

Insanganyamatsiko bazahimbaho iragira iti “Nanze ibiyobyabwenge kuko ari njye Rwanda rw’ejo” abazatsinda bakazahembwa ibikoresho by’ishuri, matola no gufashwa guteza imbere impano zabo.

Irushanwa nk’iri ryabaye mu mwaka ushize ryatanze umusaruro kuko ryasize abanyeshuri bemeye gutanga amakuru ku hari ibiyobyabwenge, hagaragara ahantu 56 ndetse abafashwe bashyikirizwa ubutabera. 

Mutimawurugo uteze igitambaro mu kiganiro n'itangazamakuru





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • jean 4 years ago
    Birar ez muko





Inyarwanda BACKGROUND