RFL
Kigali

Dore impamvu ukunda kwikangura hagati ya saa cyenda na saa kumi n’imwe za mu gitondo

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:3/01/2020 14:16
1


Urumuri rusigaye ruriho uyu munsi ruri mu bibangamira imiryamire y’ikiremwamuntu ariko kandi nanone ngo kugira amasaha amwe ukangukiraho mu gicuku cyangwa se mu rukerera bishobora kuba igisobanuro cy’uko ufite ibibazo mu mubiri wawe.



Burya ni ngombwa kwakira ibimenyetso umubiri wawe uguhaye kuko burya ngo hari ikibazo umubiri uba ufite. Ese ukunda gukanguka hagati ya saa cyenda na saa kumi n’imwe za mugitondo? Ibi bishatse gusobanura neza ko muri wowe ufite agahinda gakomeye ari nayo mpamvu umubiri ugukangura kugirango ushake umuti w’icyo kibazo ubashe gutekereza icyatuma wivanamo ako gahinda.

Biragoye kwigobotora muri ako gahinda ariko birashoboka ukoze imyitozo ngororangingo, gufata umwanya uhagije ukitekerezaho, gushaka umwizerwa ubwira agahinda kawe, kugira ikayi wandikamo ibyakubayeho umunsi wose n’ibindi nk’ibyo.

Burya gusinzira nijoro bitanga ubuzima, nibyo biguha ishusho y’uko uri bwirirwe ku munsi ukurikiyeho ari nayo mpamvu ukwiye gukora ibishoboka byose ijoro ryawe rikaba ryiza.

Mu rwego rwo kugufasha gusinzira neza ndetse ntukanguke hagati mu ijoro, gerageza kurya ibyo kurya byoroheye igogora nka cocomber, imboga rwatsi ubundi ukirinda inzoga n’ibinyamasukari bishobora kugabanya imbaraga mu mubiri wawe.

Ikindi gkomeye ubushakashatsi bwagaragaje nuko ari byiza kuryama hagati ya saa tatu na saa tanu z’ijoro kuko muri  ayo masaha nibwo umwijima utangira kuringaniza imbaraga mu mubiri ukagabanya umunaniro ukabije, ukaringaniza imisemburo ndetse ugakura uburozi mu mubiri.

Nukurikiza izi nama bizagufasha kugira ijoro ryiza rizira gukanguka bya hato na hato
 

Src: Epoch Times






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ngabire Asifiwe4 years ago
    Gukora sport Kwoga mbere yu ko ujya muburiri Kurya ibiryo byoroshye mwijoro. Kwirinda kuryama amatara achanye Birafasha mugusinzira neza.





Inyarwanda BACKGROUND