RFL
Kigali

Urugendo rw'icyerekezo 2020 mu mboni za Perezida Kagame

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:31/12/2019 18:34
0


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame avuga ko n’ubwo u Rwanda rwahuye n’imbogamizi zitandukanye mu rugendo rw’icyerekezo 2020, rwabashije kugera ku ntego ku rugero rushimishije.



Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Ukuboza 2019, mu gihe habura amasaha macye ngo twinjire mu mwaka wa 2020 benshi bafataga nk’inzozi.

Perezida Kagame yavuze ko mu 2000 ubwo hatangizwaga icyerekezo 2020 u Rwanda rwari rufite ibibazo byinshi byatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari yarasenye igihugu mu mpande zose z’ubuzima bw’abaturage.

Ati “Byari ukubaka bundi bushya no gusana kuko igihugu mu by’ukuri gisa n’icyahereye ku busa ndetse no hanyuma y’ubusa ubwabyo rero urumva uburemere bwabyo n’ukuntu bigoranye. Ariko na none abantu ubwabo biha aho bahera kuko muri buri wese harimo imbaraga ishobora gukoreshwa kugira ngo ibintu bihinduke.”

Avuga ku mbogamizi igihugu cyahuye nazo mu gutangiza icyerekezo 2020, Perezida Kagame yavuze ko icya mbere cyari imyumvire y’abantu bamwe na bamwe ariko ikindi kikaba ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibyiyemejwe.

Ati “Uhera ku mitekerereze niho ingorane ya mbere ihera. Ingorane yindi iba mu buryo. Ese niba tubyumva neza, aho duhereye aho tugana, dufite imbaraga zihagije no mu byo abantu bakoresha? Ibyo navugaga byo kubaka amashuri, kubaka ibikorwa remezo kubaka ibijyanye n’ubuzima bw’abantu n’ibindi byinshi ntabwo biva mu magambo gusa nta n’ubwo uvuga uti ni ‘gukora’. Ugomba kuba ufite icyo ukoresha. Ayo mikoro nayo yajemo ikibazo.”

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo hari imbogamizi zajemo, muri iki cyerekezo u Rwanda rwabashije kugera ku ntego ku kigero gishimishije n’ubwo hari ibitaragezweho bitari byinshi cyane.

Ati “Usubije amaso inyuma muri iki cyerekezo twageze kure mu ntego twari twihaye. Wenda ntitwageze 100% ariko ugeze kuri 80%, 85%  hanyuma hari n’ibyo bisobanuro bivuga ngo hari ibyo tutari twifitemo tutashoboye kugeraho kubera impamvu zumvikana, uba wagerageje hanyuma ufata 20%, 15% byari bisigaye ukabyongera ku zindi ntego zigiye gutangira.”

Icyerekezo 2020 ni ngamba y’igihe kirekire ku iterambere ry’u Rwanda. Yateguwe binyuze mu buryo bw’inama y’Igihugu y’Umushyikirano yo mu mwaka wa 1999 yemejewe mu 2000.  Intego z’ingenzi z’icyerekezo 2020 ni uguhindura u Rwanda rukaba igihugu gifite umusaruro uringaniye mu mwaka 2020 hagamijwe guteza imbere urwego rw’abikorera n’ubukungu bushingiye ku bumenyi. 

Perezida Kagame mu kiganiro cyaciye kuri Televiziyo y'u Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND