RFL
Kigali

Urashaka kongera umubyibuho w’amabere yawe? Dore icyo wakora

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:30/12/2019 11:21
3


Bamwe mu bakobwa bavuga ko kugira amabere abyibushye ari byiza cyane ngo bituma uyafite agaragara neza ndetse bigakurura abasore. Aha rero ni ho bamwe mu batayafite cyangwa se bafite amabere yaguye bahera bambara amasutiye (soutiens) afite umubyimba munini ndetse arimo amapamba kugira ngo barebe ko bagaragara nk’abafite amabere manini.



Rimwe na rimwe amabere yaguye cyangwa se mato aterwa ahanini n’inyama z’umubiri zoroshye cyangwa se nanone isuku nke, gusa nanone hari ibindi ushobora gukora bigatuma ugira amabere manini kandi abyibushye.

1.Guhora ukora massage: Ibi bizagufasha kongera umubyibuho w’amabere yawe ndetse bikurinde amaribori menshi ku mabere.

2. Kwambara isutiye ikuzengurutse neza ariko itagufashe cyane: Isutiye igufashe cyane ishobora kubuza amaraso gutembera neza bikaba byateza ibibazo, gerageza kwambara isutiye iguha umutuzo uhagije bizagufasha mu gihe uri mu myitozo.

3. Imyitozo ifasha igituza gukomera: Kuko twabonye ko hari igihe ubuto bw’amabere cyangwa se kugwa kwayo biterwa no koroha kw’inyama zo mu gituza, ni byiza gukora imyitozo ifasha igituza gukomera, hari ubwoko bw’imyitozo bwabigufashamo ukagira amabere manini kandi abyibushye.

4. Kugira ngo ugire amabere manini ndetse abyibushye kora umwitozo uteye gutya, gerageza kuryamira urubavu uzamuke noneho usigaze ikiganza hasi abe ari cyo gifashe umubiri wawe wose ibyo nibura ubikore inshuro 20 ku munsi.

5. Kugira ngo ugire amabere manini ndetse abyibushye kora umwitozo uteye utya, zamura amaboko hejuru, uyanyuze inyuma yawe ukomeze umanuke uyakoze ku buryo wumva igituza kiri mu mwitozo koko, ibi ugerageze kubikora nibura inshuro 15 cyangwa 20 ku munsi.

6.Gukaraba ya mazi aturuka hejuru: Aya mazi bisaba ko nibura aba akonje ugahagarara akakumanukaho umubiri wose bifasha cyane amaraso gutembera neza mu gihe warangije ya myitozo, bizagufasha gusinzira neza no guhorana ubuzima bwiza uretse gushaka umubyibuho w’amabere gusa.

Src: santeplusmag.com

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Varantine1 year ago
    OK nabyumvise ariko biragoye ntayinsinzira wakoresha ukuza amabere
  • Mukeshimana. Uwase alpha9 months ago
    Arisutiye na visitors nikihe kiza ese kobavugako kungwakwama berebiterwa no-no gukora imibonano mpuza bitsina nibyo cyangwasibyo
  • Gateka cynthia6 months ago
    Oe nuwahe muti umuntu yokoresha kugirango amabere Abe manini





Inyarwanda BACKGROUND