RFL
Kigali

Hari abapfira mu kinya! Ese ni uburangare bw’abaganga cyangwa ubuke bw’inzobere?

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:27/12/2019 20:37
0


Abaganga bo basobanura ko usibye ibyago cyangwa uburangare, ngo ubusanzwe amahirwe yo kugirwaho ingaruka n'ikinya aba ari hasi cyane.



Mu gihe imikoreshereze y'ikinya imaze gutera imbere mu buvuzi, hari impungenge za bamwe mu bagana ibitaro bemeza ko zimwe mu mpfu z’iterwa n’ingaruka zo gutera ikinya ziterwa n’uburangare bwa bamwe mu baganga.

Ubuhamya

Hashize ukwezi kumwe gusa umugore wa Hategekimana JMV yitabye Imana mu bitaro bimwe byigenga byo mu Mujyi wa Kigali. Ni nyuma y'uko mu gusuzuma uwo mugore abaganga banzuye kumutera ikinya atagiriyemo amahirwe yo gukanguka nk'uko umugabo we abivuga.

Yagize ati “Bazana impapuro zo gusinya ngira ngo ni nka contrat bagusinyisha, turasinya batangira operation: yagombaga kujyamo saa munani n'iminota 30 akamara iminota 45, ubwo turicara turategereza bigeze nka saa cyenda n'igice mbona byatinze nkurikije uko bambwiraga. Barangije barambwira ngo umuntu wawe yitabye Imana, ndababwira nti ntabwo byumvikana umuntu waje ari muzima yigenza, umuntu mwakoreye ibizamini byose ikibazo cyabaye ikihe? Barambwira ngo yagize alergie ku muti, ndababwira nti ndumva bidasobanutse. Ndababwira nti ‘yagira alergie gute mwamukoreye ibizamini kandi atari ubwa mbere atewe ikinya?”

Uyu mugabo wasigaranye abana 3 asobanura ko umurambo w'umugore we wapimwe ngo harebwe icyamwishe, ariko ngo nta gisubizo kidasanzwe yahawe. Gusa ngo ategereje icyo inkiko zizemeza n'ubwo mu rubanza rw'ifungwa n'ifungurwa rwasomwe na bwo atatumijwe, ngo rwabaye rurekuye by'agateganyo abo baganga.

Ati “Ndababaza nti ese iyo umuti ugira ingaruka nta buryo haba hari undi ukuramo ayo ma effet? Bati twagerageje biranga...nk'umuntu utavura sinari kumenya ngo icyo bagerageje ni iki? Mbyakira ntyo ariko ndababwira nti ‘uko biri kose uyu muntu yishwe namwe, hagati y'abaganga n'umuti hari ikitagenze neza.’’

Inzobere mu gutera ikinya zishimangira ko mbere yo gutanga iyi serívisi, uyihabwa abanza agakorerwa ibizamini bishoboka byose ngo harebwe niba nta ngaruka uyu muti wamugiraho; gusa ngo birashoboka ko habaho uburangare kuko ubusanzwe ingaruka zo guterwa ikinya ziri ku rwego rwo hasi cyane.

Dr Nizeyimana Francoise inzobere mu gutera ikinya mu bitaro bya CHUK yagize ati “Muba mwabiganiriyeho n'imiryango na we ubwe mukabimubwira ko yanahasiga ubuzima.  Hari igihe umuntu ashobora gupfa atunguranye mu kinya kandi ni ibintu bidakunze kubaho, ni gake cyane. Usibye abashobora gupfa namwe mubibona ko hari amahirwe menshi yo gupfa hari n'uburangare bushobora kubaho gake cyane ariko birashoboka.’’

Gusa ku rundi ruhande, hari abaturage bafite impungenge ku mikoreshereze y'ikinya cyane ko hari abagifiteho imyumvire yihariye n'ubwo ubusanzwe umuntu 1 ku bantu ibihumbi 100 ari we ugirwaho ingaruka nacyo.

Tuyishime Simeon ni umuturage mu Karere ka Gasabo ati “Bitewe n'ubuhamya abantu batanga cyagiye giheramo kikabagiraho ingaruka bigatuma abantu bagitinya. Hari abakuramo uburwayi bwa paralyse, ubundi bumuga ugasanga kikumazemo imyaka myinshi cyangwa amezi menshi bigatuma abantu bagitinya.”

Inzobere mu gutera ikinya ziracyari nke

Umuyobozi w'Ibitaro bya Kibagabaga, Dr Avite Mutaganzwa avuga ko muri rusange inzobere z'abaganga mu gutera ikinya zikwiye kwiyongera kugira ngo zirusheho gutanga serivisi nziza, kuko ubukeya bwabo bushobora kuba intantaro yo gukora amakosa amwe n'amwe yanagira ingaruka ku barwayi.

Ati “Kugira ngo umuntu akore neza afite securité n'umurwayi ayifite burya byibuze abatera ikinya bagombye kuba ari 2 kuko hari igihe haba complication iturutse ku murwayi cyangwa ku kinya bigasaba ngombwa ko habaho umuntu mufatanya uzi icyo gukora kandi muri gahunda nk'izo nta mwanya wo gutakaza uba urimo kuko utinze umuntu arapfa cyangwa akagira ibindi bikomere bidakira.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa inzobere mu gutera ikinya 28 gusa kandi na bo bakorera mu bitaro bikuru n'iby'icyitegererezo; cyakora hari abandi baganga basaga gato 250 bahuguriwe gutera ikinya hirya no hino mu mavuriro, intego y'isi yose ni uko nibura hakwiye kubaho inzobere 5 ku barwayi ibihumbi 100.

Src: rba

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND