RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Yavunitse igitsina ubwo yari ari mu gikorwa cy’urukundo

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/12/2019 19:02
0


Sean Marsden w’imyaka 48 yagize impanuka ikomeye ubwo yari ari mu gikorwa cy’urukundo n’umukunzi we Louise Gray w’imyaka 36 y’amavuko, ubwo igikorwa cy’urukundo cyari kigeze hagati Sean yagiye kumva yumva igitsina cye kivunitsemo kabiri



Akimara kuvunika, Sean Marsden yahise yumva ububabare bukabije cyane mu myanya ye y’ibanga igikorwa gihita gihagarara ako kanya.

Yabwiye itangazamakuru ati “Narabyuvise ubwo navunikaga igitsina nahise mbwira Louise ko hari ikintu kimbayeho kibi kuva ubwo nagize ububabare bukabije mbura uko nifata, bwari ububabare butihanganirwa.”

Nyuma rero ni bwo Louise yaje kujyana umukunzi we kwa muganga bamugabanyiriza ububabare ariko byafashe umunsi wose ababara by’indengakamere nk'uko ikinyamakuru The New York Post kibivuga.

Umukunzi we yagize ati”Mu by'ukuri naguye mu kantu nkimara kubona ibibaye, ntabwo nari nzi ko igitsina gishobora kuvunika, nibwiraga ko ibyo ari byo byose ari njye wateje iyo mpanuka.”

Nyuma yo gufashwa n’abaganga Sean yasabwe kuguma mu rugo ndetse anihanangirizwa gukora imibonano mpuzabitsina mu gihe kingana n’ukwezi kumwe.

Src: The New York Post






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND