RFL
Kigali

Menya ibintu 7 byakwereka ko gutera imbere kwawe bigoye n'uko wabikosora ukavamo umuntu w'ingenzi

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:18/12/2019 20:22
8


Inzobere mu mikorere y’umubiri wa muntu ndetse n'izo mu bijyanye n’ubukungu zivuga ko imyitwarire ya muntu akenshi ari yo ituma agera kure cyangwa akaba yahora apanga gahunda ntihagire n'imwe igerwaho. Ibi ni byo byatumye dushaka ibintu 5 bishobora kuba imbogamizi y’iterambere ryawe.



Impamvu 7 zishobora kuba inzitizi y’iterambere ryawe

1.       Kugendera mu kigare (kumva ko ibyo urungano rukora nawe ugomba kujya ubikora ndetse mu buryo babikoramo)

Benshi muri iyi minsi duhora twumva ko guhora tugendana n’ibigezweho cyangwa gukora ibyo begenzi bacu bakora natwe tugomba kubikora kugira ngo tugaragare neza, gusa burya ikintu gituma abantu bagira ubuzima butandukanye ni ibikorwa bakora bitandukanye cyangwa byaba binahuye bakabikora mu buryo butandukanye.

Kuri iyi ngingo ijyanye no kubaho tugendera ku bo tugendana, umwanditsi Shannon Lee avuga ko kugira ngo wirinde kugwa muri iki cyago usabwa gushishoza ndetse ukabaho ufite intego ukajya umenya igihe cyo kuvuga oya mu gihe uruzi hari ikintu gishobora gutuma uteshuka ku ntego.

2.       Guhora wumva ko ukiri muto (urajwe ishinga n'ejo hazaza ariko ntacyo ukora)

Muri iyi minsi ya none hafi 80% y’urubyiruko gukora biri ku rwego rwo hasi ndetse iki ni kimwe benshi bitwaza ugasanga babuze amahitamo ndetse n'icyo gukora bagahita batangira kwirema icyizere ko bakiri bato. Ibi ni byo ariko nanone ngo ntibyagakwiye kuba urwitwazo kuko turi abo turibo ubu kubera ibyo twakoze ejo hashize, ni ukuvuga abo tuzabababo ni ibyo turi gukora magingo aya.

Ibi icyo bisobanuye ni uko niba ntacyo urimo gukora uyu munsi wikwizera ko ejo bizaba neza, kuba ukiri muto ntibivuze ko utagomba gukora ahubwo gira intego ubyaze umusaruro amaraso ya gisore.

3.       Kutemera impinduka ndetse n’impanuro (kutava ku izima)

Kwinangira cyangwa kwanga kwemera impinduka ni imwe mu mbogamizi yugarije benshi kandi ibadindiza mu iterambere ryabo. Nonese niba ubaho udafite inyota yo guhinduka cyangwa kwigira ku bandi, mu Kinyarwanda bajya bavuga bati “nta mutwe umwe wigira inama uretse iyo gusara”.

4.        Guhora utecyereza ko abo mukorana ubari hejuru cyangwa ari wowe ubagize

Muri iyi minsi benshi duhurira ku ijambo dukunze kwita kwiyumva cyangwa kumva ko uri umuntu w’agatangaza nyamara mu buzima benshi ntabwo tujya tumenya ko nta muntu kamara kuko abantu turi magirirane ndetse turanuzuzanya. Ikibazo aha gikunze kubaho hari igihe umuntu uzasanga niba akora ahantu ashobora kwicara agatecyereza ko intebe yicayemo nta wundi wayicaraho ngo akore nk'ibyo we akora cyangwa ngo abe yanarenzaho kandi buriya byose biba bishoboka.

Kuri iyi ngingo inzobere “Dr. K. Kuhathasan” atubwira ko icyo twagakwiye gukora mu buzima bwacu ari uguhora duciye bugufi kuko ni byo akenshi abantu bageze kuri byinshi byagiye bibafasha, ntabwo byanyuze mu byo bavugaga cyangwa mu byo batecyereza ahubwo byanyuze mu bikorwa byabo bishingiye ku bitecyerezo ndetse no kwitwara neza mu bandi. Urugero aha niba uri umukoresha ibyiza ni ukubaha abo ukoresha.

5.       Kugira ishyari (kutishimira iterambere rya bagenzi bawe)

Bamwe bati kugira ishyari ni byiza. Gusa ibi biba byiza iyo ubikoze ugira ibikorwa byinshi kuruta ishyari kuko akenshi umuntu ugira ishyari ridafite aho rihuriye n'ibyo akora usanga ari wa muntu udatera imbere kuko usanga na ducye yari afite azadutanga kugira ngo yihimure kuri wa muntu afitiye ishyari.

6.       Kugira ikinyabuphura kidahwitse

Ese gukora cyane cyangwa kuba intyoza ku murimo byonyine birahagije kugira ngo ugere kure mu buzima? Aha nyakubahwa Jack Ma nyiri ikigo cya Alibaba avuga ko we ibi bidahagije kuko ngo ushobora kuba umunyabwenge ariko ikinyabuphura kikaba gicye noneho bikaba byakugiraho ingaruka. Niyo mpamvu asoza agira inama abantu yo kwiga kuba ndetse no kumenya uko bakwitwara muri buri kintu urimo gukora.

Impamvu ikomeye kuri iyi ngingo ni uko hari benshi muri iyi minsi babona akazi yemwe keza ariko kubera imyitwarire idahagije bikarangira bananiwe kugera ku nshingano zabo bikabaviramo kwirukanwa.   

7.       Kudakorera ku ntego (kugenda nta cyerecyezo)

Ushobora kwibaza uti ese hari umuntu wigeze agenda mu muhanda nta merekezo afite ? Nonese niba ntawe kuki ubuzima twabufata nk'aho nta cyerecyezo bufite? Icyerecyezo cy’ubuzima aho gishingira nta handi usibye kwicara hasi ukiha intego y'ibyo ushaka kugeraho ndetse n’inzira uzakoresha ubigeraho n’igihe ubona bishora kuzagutwara.

Iyi ngingo ni yo irimo kuzitira benshi kuko baricara bakumva ko ibintu bazabigeraho nk'aho ari impanuka izababaho. Oya ibi ntibishoboka ko wagera kure mu buzima kuko bisaba ubwitange ndetse no guhorana umuhate ushingiye ku isezerano wihaye ry'aho ushaka kugera ndetse n’igihe wihaye ushobora kuzakoresha uhagera.

 Bamwe ubuzima tubufata nk'aho bugizwe n’amahirwe ariko burya ni twe tuyahamagara ntabwo ariyo atwizanira.  

Uburyo wakoresha ukigobotora iyi ngoyi

1.       Guhora ufite inyota yo kwiga

2.       Kugira ikinyabuphura gishingiye ku kumvira ndetse no kugira inyurabwenge

3.       Kuba umunyakuri

4.       Kubaho mu buzima bufite intego n’icyerecyezo

5.       Kugira intumbero yo gufatanya na bagenzi bawe

Ibi byose twavuze muri iyi nkuru ni ingenzi gusa kugira ngo urebe neza ikiza cyo kubaho ufite intego ni uko nuramuka winjiye muri uyu mwaka wa 2020 ukawutangira ufite intego y’ibyo ushaka kugeraho ndetse ugapanga n'uko uzabigeraho ntakabuza uzawusoza neza kuko burya gushaka ni ugushobora.

Src: Igitabo “THE MAGIC OF THINKING cyanditswe na David J. Schwartz  n’izindi nyandiko zitandukanye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Joselyne2 years ago
    Ibi bintu Koko byadufasha gutera imbere kuko byadufasha no kubana n'Abandi neza
  • Nsanzimanà gad1 year ago
    Turabashimiye kutwungura ubwenge reka tugerageze turebe niba twabishobora
  • Meddy fafa7 months ago
    Vyose nivyiza kubikora Nokudacikinege mubyo uba uriko urakora
  • Rahai-Loy Lali_Labass5 months ago
    Nshaka kuba umigwiza tunga akomeye
  • Ndayisabye theogene5 months ago
    Ibi nibyiza cyane kbs baranfasha kumenya uko ngomba kwitwara...
  • Sylvester Stallone Nairobi 3 months ago
    Murakoze cyane ku nama muduhaye
  • DEO 2 months ago
    Gukurikiza Uzi nama byadufasha kwiteza imbere.murakoz
  • Gilbert NSABIMANA 2 weeks ago
    Ndashima inama mutanga ndabazirikana sana





Inyarwanda BACKGROUND