Mu magambo akarishye yuje uburakari Perezida Donald Trump yavuze ku gikorwa cyo kumweguza kigambiriwe mu ibaruwa yandikiye umuyobozi w'Inteko y’Amerika Madamu Nancy Pelosi amushinja "Intambara kuri Demokarasi y’Amerika".
Nancy Pelosi uyoboye inteko y’Umutwe w’Abadepite yashyigikiye igikorwa cyo kweguza Trump
Uyu munsi mu Nteko Nshingamategeko y’Amerika hateraniye inama yo kweguza Perezida Donald Trump. Mu gihe itegeko ryo kumweguza ryaramuka ritowe Trump yaba abaye Perezida wa gatatu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wegujwe nyuma ya Andrew Johnson ndetse na Richard M.Nixon.
Donald Trump arashinjwa ibikorwa birimo kugora inteko yanga gufatanya nayo mu iperereza ku byo
aregwa, kubuza abantu bamwe gutanga ubuhamya, guhisha inyandiko z'ibimenyetso
no gushaka gukoresha ububasha bwe mu guhatira Ukraine gukora iperereza kuri
mukeba we Joe Biden.
Nk'uko ikinyamakuru The Newyork Times kibitangaza abari mu ishyaka ry'aba Repubulike ari naryo Donald
Trump abarizwamo barimo Kendra Horn wo muri Oklahoma, Anthony
Brindisi wo muri New York ndetse na
Mikie Sherrill wo muri New Jersey nabo bemeje ko biteguye gutora
itegeko ryo kweguza Trump.
Nk'uko Newyork Times
ikomeza ibitangaza mu gihe iri tegeko ryo kweguza Trump ryaramuka ritowe, Trump azahita ajya mu rubanza muri Sena, aho abasenateri bo mu mashyaka yombi
bategekwa gukora nk'abakemurampaka bigenga. Abiganje muri sena bakaba ari abo mu
ishyaka ry'aba Repubulike ari naryo Trump abarizwamo.
Gusa na none nubwo
hari abo mu ishyaka ry'aba Repubulike bashyigikiye ko Trump yeguzwa, Mc Connell ubarizwa
muri iri shyaka akaba ari nawe uyoboye Sena y’Amerika, aheruka guhakanira aba
depite mu cyumweru gishize ababwira ko abasenateri bazafatanya byimazeyo n'ikipe
ya Perezida mu rubanza bagatora banga icyemezo cy'inteko y'abadepite.
Mugenzi we w’umusenateri
Chuck Schumer ariko ubarizwa mu ishyaka ry'aba Demokarate yahise atangaza ko uru
rubanza nirugera muri sena, buri umwe muri bo yongera kurahira "guca
urubanza rutabogamye".
Dore bimwe mu bikubiye mu ibaruwa Trump yanditse
ndetse n'icyo Nancy Pelosi abivugaho
Nk'uko BBC ibitangaza Perezida Donald Trump avuga ko uburyo bwakoreshejwe mu kumweguza
bunyuranyije n’amategeko agenga kweguza Perezida ndetse ko kandi bunyuranyije n'uburenganzira butangwa n'itegeko
nshinga burimo kugaragaza ibimenyetso by’uregwa.
Mu
gihe hakorwaga iperereza ku byo Trump aregwa yagiye atumirwa na komite y'inteko
y'abadepite kugira ngo atange ibimenyetso bimushinjura ariko we n'abanyamategeko
be bakanga kwitaba.
Umuyobozi w’inteko
y’Amerika Nancy Pelosi
ari nawe Trump avuga ko yihishe inyuma y'iyeguzwa rye aherutse gutangariza
itangazamakuru ko “atigeze asoma iyi baruwa ya Trump yose ariko yabonye
icyo igambiriye kandi atekereza ko ari ibaruwa mbi”.
Madamu Pelosi
aheruka gusohora itangazo rivuga ku matora yo kweguza Trump rivuga ko inteko
igiye "gushyira mu bikorwa ububasha bwayo ihabwa n'itegeko nshinga". Ati:
"Muri iki gihe gikomeye mu mateka y'igihugu cyacu, tugomba kubaha indahiro
yacu yo gushyigikira no kurengera Itegeko Nshinga ryacu imbere y'abandi bose,
bo mu mahanga cyangwa bo mu gihugu".
Perezida Donald Trump hamwe na Nancy Pelosi uyoboye igikorwa cyo kumweguza
Muri iyi minsi habaye imyigaragambyo muri Leta Ubumwe za Amerika y'abashyigikiye kweguza Bwana Trump mu mijyi itandukanye muri Amerika nka New York, Boston na Los Angeles. Intero n’inyikirizo yari "Shyira hasi Trump" na "Rengera demokarasi yacu".
Src: www.bbc.com, www.nytimes.com,
TANGA IGITECYEREZO