RFL
Kigali

Inkomoko y'imigongo umutako ugezweho mu mideli yo mu Rwanda

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:11/12/2019 14:29
1


Imitako ni kimwe mu biryoshya umunsi mukuru wabereye ahantu runaka, kuruta uko wabazimanira amafunguro n’ibinyobwa byenganywe ubuhanga ariko bitangiwe mu ahantu hadateguye.



Umwe mu mitako ikunze gukoreshwa cyane mu minsi mikuru yo mu Rwanda no mu bukwe butandukanye ni imigongo. Ni imitako ishushanyije mu buryo bupimye hifashishijwe amabara atandukanye nk’umweru, umukara, umutuku n’igitaka.

Biragoye kwinjira muri hoteli n’imwe yo mu Rwanda ngo usange ku nkuta zayo hadateguyeho amashusho atandukanye y’imigongo.

Si mu nzu gusa kuko imigongo isigaye yifashishwa n’abantu mu kurimba. Imyambaro itandukanye ikorerwa mu Rwanda ikunzwe gushyirwaho imigongo mu buryo bwo kuyongerera ubwiza.

Muri iyi minsi umusore ugiye gusaba no gukwa yambaye umushanana uriho umugongo atambukana ishema n’isheja kuko aba azi ko yarimbye kwa sebukwe batamunyuzamo ijisho.

Inzu z’imideli zitandukanye zikomeye mu Rwanda zikunze gusohora imyambaro iriho n’imigongo. Inzu ya moshions yo ifite umwihariko wo gukora imyenda y’abagabo n’abagore ariko iriho imigongo.

Iyi nzu y’imideli yambika abantu b’ibyamamare n’abakomeye mu Rwanda. Mu minsi ishize Madamu Jeaneette Kagame umufasha wa Perezida Kagame yagaragaye mu nama ya ICASA yambaye imyenda iriho imigongo, yakozwe na Moshions.

Ikirango cya Made In Rwanda na cyo gikoze mu ishusho y’imigongo ibintu bigaragaraza agaciro k’uyu mutako wa kera ariko ukunzwe cyane no muri iyi myaka.

Inyandiko zitandukanye zivuga ku mateka y’u Rwanda, zigaragaza ko imigongo yatangiye gukoreshwa ahagana mu kinyejana cya 19, mu bwami bw’Igisaka ubu ni mu Karere ka Kirehe mu ntara y’Uburasirazuba.

Imigongo ngo yazanywe na Kakira wari umwana w’umwami w’Igisaka Kimenyi  nyuma yo gushaka uko yajya ataka inzu ye, akaba ari byo avumbura. Kakira yifashishije amase y’inka mu gukora imigongo ku nzu ye, amabara atandukanye akayakura mu ngwa [umweru], igitaka , amazi y’ibiti n’ivu ry’ibirere kugira ngo bitange ibara ry’umukara. N’ubu mu bice bitandukanye cyane cyane ahabera ibikorwa by’ubukerarugendo hagaragara inzu zitakishijwe imigongo.

Mu ntara y’Uburasirazuba aho imigongo ikomoka hari koperative zitandukanye zikora imitako yo mu migongo mu rwego rwo gukomeza gusigasira umuco nyarwanda.


Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente mu ishati iriho imigongo         

Madamu Jeannette Kagame aherutse kugaragara mu myenda itakishijwe imigongo


Imideli itakishijwe imigongo ni ikiranga abasirimu muri iyi minsi

Imigongo yatakishwaga ku nzu za kera

Inyubako zigezweho nazo zitakishwa imigongo

Mu minsi mikuru itandukanye imigongo ikunze gutakwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Anthony4 years ago
    Yego muvuze ukuri ndabyemeye ariko hari aho mbona akarengane. Umurage w'Imigongo nuwo mu gisaka Cy'imigongo ntabwo wari ukwiye gukoreshwa uko wishakiye kandi ufite abawutangiye banagerageje kuwukomeza ariko bakaba ntacyo ubamariye ahubwo abawiganye akaba aribo bamaze kubaka izina. Leta yagakwiye gusubiza agaciro abanya Kirehe n'inzu ya coperative yiyo mideli yubatswe muri za 1980 ikaba igiye kugwa iri mu kagari ka Kigina. Abakora ubucuruzi bakoresheje izina n'amabara y'imigongo bagombye gutanga umugabane ku nyungu zabo wajya ujya mu karere ka Kirehe gufasha abatishoboye baho cyane cyane muri Kigina aho twita kuri Kacyira ari naho abenshi bemeza ko Kacyira yari atuye. Murakoze





Inyarwanda BACKGROUND