RFL
Kigali

Rehoboth Ministries yasuye inasaba imbabazi Restoration church barasabana, Apotre Masasu avuga akamuri ku mutima

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:10/12/2019 20:18
0


Rehoboth Ministries iri mu myiteguro yo kwizihiza isabukuru y'imyaka 25 imaze mu murimo w'ivugabutumwa, yagiranye ubusabane bukomeye n'abakristo ba Restoration chuch Masoro nyuma y'igihe kinini aba baririmbyi bari bamaze batagaragara mu gikorwa icyo ari cyo cyose cya Restoration Church.



Rehoboth Ministries yamamaye cyane mu ndirimbo nka Uri uwi'gitangaza, Ku musaraba, Uri mwiza n’izindi, ni korari yavukiye mu itorero rya Restoration Church Kimisagara mu kwakira, 1994. Nyuma y’imyaka myinshi ikora nka korali y’itorero yaje kwaguka cyane kugeza ubwo yabaye Ministere igizwe n’abanyamuryango basengera mu matorero atandukanye.

Mu mwaka wa 2010 ni bwo bamwe mu banyamuryango ba Rehoboth Ministries bavuye mu itorero rya Restoration church. Nyuma y’igihe gito bavuye muri iri itorero, bagarutse kureba umushumba mukuru w’itorero Restoration church Apostle Joshua Masasu basaba imbabazi, ariko kuva icyo gihe, ntabwo Rehoboth yongeye kugaragara mu gikorwa icyo ari cyo cyose cya Restoration Church, ibyo byatumaga abantu benshi bibaza niba koko harabayeho kubabarirana nyabyo.

Ku cyumweru tariki ya 8 Ukuboza, 2019, ni bwo Rehoboth yakiranwe ibyishimo byinshi mu itorero rya Restoration Church i Masoro. Maze, bahimbaza Imana mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane baziririmbana n’itorero ryose mu munezero udasanzwe. Nyuma yo kuririmba, Bishop Douglas Kigabo (uwahoze ari umuyobozi wa Rehoboth ikibarizwa muri Restoration church) yafashe ijambo mu izina rya Rehoboth Ministries maze ashima Imana mu magambo akurikira: 

Kugaruka iwacu mu rugo ni iby'agaciro gakomeye. Turashimira umubyeyi watureze ari we Apotre Masasu, ndetse turashimira n’itorero ryatubyaye rikaturera rikatugira abo turi bo uyu munsi. Nyuma y’imyaka myinshi Rehoboth ibarizwa muri Restoration church, igihe cyarageze biba ngombwa ko tujya kubyara undi murimo, bityo twimukira mu rindi torero. Muri uko mwimuka, hari imitima y’abantu benshi yakomereste ku mpamvu zitandukanye. Mu izina ryanjye bwite n'irya Rehoboth Ministries yose, duciye bugufi dusaba imbabazi umuntu wese twababaje.

Douglas Kigabo wari Perezida wa Rehoboth ikibarizwa muri Restoration church

Akivuga atyo, abanyamuryango ba Rehoboth baciye bugufi bose bapfukama imbere y’itorero ryababyaye rikabarera nuko abantu bose bafatwa n’amarira menshi.Muri iryo jambo Douglas yaboneho umwanya wo gutumira itorero ryose mu birori by’isabukuru y’imyaka 25 Rehoboth Ministries imaze itangiye umurimo w’ivugabutumwa uzaba kuwa 22/12/2019 Restoration church Kimisagara.

Nyuma y’iryo jambo, Apostle Masasu n'umufasha we bahise basanga Rehoboth Ministries imbere maze barahoberana cyane na Douglas Kigabo wari ufite ijambo nyuma yo kubasabira umugisha ubwo Rehoboth yari ipfukamye imbere y’itorero. Apostle Masasu Umushumba Mukuru wa Restoration church yahise agira ati: "Mutwemerere muhaguruke murambure ibiganza byanyu by'umugisha, abakunzi bacu bace bugufi tubasengere umugisha." Yahise abasengera abaturaho umugisha wo gukoreshwa n'Imana iby'ubutwari, anashima Imana yabanye nabo mu myaka 25 bamaze.

Apotre Masasu yavuze ko Rehoboth Ministries yabegereye bayiha imbabazi, barayibohora, bahesha umugisha umurimo w'ivugabutumwa ikora. Yavuze ko kuba Rehoboth yabasuye bakagirana ibihe byiza ari intangiriro anatangaza ko amarembo afunguye kuri aba baririmbyi kandi ko bisanga muri Restoration church nk'uko umuntu yisanga mu rugo. Mbere yo kubwiriza, Apostle Masasu yabanje kuvuga kuri Rehoboth Ministries ati:

Turabashimira Rehoboth kandi twari dufite byinshi twavuga dushingiye ku byo tumaze kubona n'ibyo twumvise. Mfite byinshi pe twavuga byiza cyane. Nk'uko yabivuze baje kutureba kuko,..kandi twahaye umugisha icyo gikorwa, kutibuka byaba ari ubuhemu, kandi twagizemo uruhare kugira ngo ubuyobozi bwa Kimisagara bunumve ko ari ikintu kizima. Twagize iyo delegation tubonana na delegation ya bano (Rehoboth) turaganira kandi byatubereye ibihe byiza. 

Habaye gusa icyo kintu cya gahunda kuri twebwe kigonganye kandi twakiganiriyeho ndetse ndumva na Apotre Mukwiza Simeon yari yanyandikiye,..kandi adusaba ko twashyigikira (Rehoboth) ariko yatwibutsaga ibyo tuzi. (...) Ndumva rero ni intangiriro gusa ariko umuryango urakinguye, feel at home (Murisanga mu rugo). Kandi turatangaza ko rwose abazashobora tuzigabanuramo cyangwa se uko bizagenda ariko turabyumva twese ni ibyacu ni byiza.

Apostle Masasu yasabye itorero ryose kuzakora ibishoboka bakitabira ibyo birori bya Rehoboth Ministries kuko ari abana b’itorero yareze kandi bafatanije mu ivugabutuma babyara amatorero atandukanye mu gihugu. Rehoboth Ministries ikoze iki gikorwa mu gihe irimo gutegura ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 imaze itangiye umurimo w’ivugabutumwa, ibirori bizabera muri Restoration church Kimisagara, kuri 22 Ukuboza 2019, kwinjira akaba ari ubuntu.

Rehoboth ministries irateganya gusura nanone itorero rya ERC Kimisagara ku cyumweru kuwa 15/12/2019 kugira ngo basabane n’itorero bavukiyemo kandi babonereho umwanya wo kubatumira kuzitabira isabukuru barimo gutegura. Muri iyi gahunda yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 Rehoboth Ministries iratumira abantu bose kuzaza kwifatanya nabo gushima Imana yabanye nabo iyo myaka yose ndetse no gusabana baririmba indirimbo zitandukanye zafashije abantu benshi mu myaka myinshi ishize.


Apotre Masasu n'umufasha we batuye umugisha kuri Rehoboth Ministries

REBA HANO UBWO REHOBOTH MINISTRIES YARI YASUYE ERC MASORO







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND