RFL
Kigali

U Burusiya bwafatiwe ibihano bikomeye birimo no kutitabira igikombe cy’isi 2022

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/12/2019 21:47
1


U Burusiya bwafatiwe ibihano bikomeye byo kumara imyaka ine butitabira amarushanwa atandukanye kandi akomeye ku isi nyuma yo guhisha ibimenyetso ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku bakinnyi bakina imikino itandukanye bakomoka muri iki gihugu.



Urwego rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ku isi, WADA, rwafashe uyu mwanzuro nyuma yuko Laboratoire yo mu mujyi wa Moscow mu Burusiya yari yafashe ibizamini by’abakinnyi bakekwagaho gukoresha ibiyobyabwenge itanze  ibisubizo bitari byo, ibiri byo bigahishwa.

Mu gihe abashinzwe urwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge ku isi , babazaga amakuru ya nyayo ku bizamini by’abakinnyi bakekwagaho gukoresha ibiyobyabwenge, umukuru w’iyi Laboratoire  ya Moscow yabasubije ko hari amakuru menshi yazimiye bitewe n’ikibazo cya tekinike, bityo ko badashobora kuyabona.

Uru rwego kuri uyu wa Mbere ni bwo rwateranye maze rufata umwanzuro wo gukubita akanyafu igihugu cy’u Burusiya, hanzurwa ko iki gihugu  kigomba kumara imyaka ine nta rushanwa rikomeye kitabira, nyuma yuko cyagiriwe inama kenshi ariko ntihagire impinduka ziba.

Mu marushanwa akomeye u Burusiya butazitabira,  harimo imikino ya Olympic 2020 izabera Tokyo, igikombe cy’isi mu mupira w’amaguru kizabera Qatar 2022, Imikino Olympic izabera Beijing muri 2022, ndetse bikaba binavugwa ko iki gihugu gishobora kwangirwa kwitabira imikino y’igikombe cya EURO 2020 bamaze kubonera tike.

Gusa ariko abakinnyi bizagaragara ko batarebwa n’iki kibazo, bo bazemererwa kurushanwa ku giti cyabo mu mikino Olympic, nibatsinda nta ndirimbo yubahiriza igihugu cy' u Burusiya izaririmbwa yewe nta n'ibendera ry’u Burusiya rizazamurwa nk'uko n’ubundi byari byagenze mu mwaka ushize wa 2018, mu mikino Olympic yari yabereye i Pyeongchang.

Ku ruhande rw’umuyobozi w’urwego rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ku isi Bwana, Craig Reedie yavuze ko iki gihano kigomba kuba urugero rwiza ku bindi bihugu bifite imyumvire nk’iy’Abarusiya ndetse anashimira abakoze iri perereza ko ryakozwe neza.

Yagize ati,”Uyu mwanzuro ukomeye wafashwe uragaragaza ko WADA yiteguye guhangana n’ikibazo cyugarije uburusiya cy’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, iki gihano kandi kirasobanura ibyari byabaye muri 2018 byatumye mu gihe nyacyo hafatwa umwanzuro ukwiye”.

“U Burusiya bwahawe amahirwe inshuro nyinshi, bunahabwa umwanya uhagije kugirango buvane umwanda w’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge muri siporo ariko byarananiranye, nagira ngo mbabwire ko bigomba kubera urugero ibindi bihugu bifite imyumvire nk’iyi. Mu izina ry’urwego mpagarariye ndashimira akanama kakoze iri perereza kuko ryakozwe neza cyane”.

Urwego rwa siporo mu Burusiya rwagiye rutera imbere ariko rugakomwa mu nkokora n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, nko mu mwaka wa 2015 urwego rwa WADA rwapimye abakinnyi b’Abarusiya rubasangamo ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye, ndetse iki gihugu kikaba cyaragiye gifatirwa ibihano bitandukanye ariko bidakanganye.

Urwego rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu burusiya RUSADA, mu mwaka wa 2015 rwafatiwe ibihano by’imyaka ine kubera kudakora akazi rushinzwe, mu mwaka ushize mu  mikino Olympic abakinnyi b'abarusiya ntibari bemerewe kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu cyabo cyangwa kuzamura ibendera mu gihe batsinze kubera ikibazo cy’ibiyobyabwenge.

Bitewe n’imiterere y’igihugu cy’u Burusiya bivugwa ko Leta yemerera abaturage kunywa ibiyobyabwenge kugira ngo ubukonje butabahitana, gusa ariko ku ruhando mpuzamahanga ibi ntibyemewe. Igihugu cy’u Burusiya gifite iminsi 21 yo kujuririra uyu mwanzuro cyafatiwe, kugira ngo iki gihano gikurweho cyangwa kigabanyuke.


Mu mikino Olympic abarusiya bashinjwe inshuro nyinshi gukoresha ibiyobyabwenge

Zimwe mu nshinge bitera n'ibinini banywa bikabongerera imbaraga

Mu mikino Olympic yabaye 2018 abarusiya ntibari bemerewe kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu cyabo, nta n'ibendera ryari ryemerewe kuzamurwa mu gihe batsinze






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tito4 years ago
    Ntibishoboka ko umugore wa Christiano Ronaldo aburamo





Inyarwanda BACKGROUND