RFL
Kigali

Umunyarwenya Michael Sengazi yashyikirijwe igihembo cya Prix RFI Talent Du Rire 2019

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:9/12/2019 19:57
0


Umunyarwenya Michael Sengazi yashyikirijwe igikombe aherutse gutsindira cya Prix RFI Talent Du Rire 2019 mu iserukiramuco rya Abidjan Capital du Rire cyabereye muri Cote d’Ivore mu mpera z’icyumweru gishize.



Tariki 20 Ugushyingo 2019 ni bwo byatangajwe ko umunyarwenya w’umunyarwanda ufite inkomoko mu Burundi, Michael Sengazi, yegukanye igihembo cy’umunyarwenya uhiga abandi muri Afurika cya Prix RFI Talent Du Rire 2019.

Iki gihembo kiba kigizwe n’igikombe ndetse n’amafaranga ibihumbi bine by’Amayero uwacyegukanye akaba agishyikirizwa mu iserukiramuco ry’urwenya rya Abidjan Capital du Rire ribera muri Côte d’Ivoire.

Igihembo cy’uyu mwaka wa 2019 cyari icya gatanu gitanzwe, kikaba cyarashyikirijwe umunyarwenya Michael Senganzi kuri iki cyumweru tariki 08 Ukuboza 2019 ubwo hasozwaga Abidjan Capital Du Rire.

Iki gihembo yagishyikirijwe n’umunyarwenya w’ikirangirire Mamane ari nawe watangije ibi bihembo. Senganzi yegukanye Prix RFI Talent Du Rire amaze imyaka ine agihatanira ariko yarakibuze. Ni we munyarwanda wa mbere wari ubashije kucyegukana.

Aherutse kubwira INYARWANDA ati "Icyo bigiye kumfasha nuko abantu benshi bagiye kumenya. Urumva RFI urwego iriho ubwayo, ni ku rwego mpuzamahanga bisobanura ko aya mahirwe yo kubona igihembo abantu benshi bavuga ururimi rw’igifaransa batari bazi bagiye kumenya, bizatuma nabo bajya gushakisha ibikorwa nkora".

Ibi bihembo bigereranywa na Prix RFI Découvertes  ariko byo bihabwa abanyamuziki. Umunyarwanda Yvan Buravan yacyegukanye mu mwaka wa 2018 ndetse Social Mula uyu mwaka yagarukiye mu 10 ba mbere. 

Michael Sengazi yashyikirijwe igihembo aherutse gutsindira

Sengazi yashyikirijwe igikombe yaruhiye kuva mu myaka ine ishize


Yatereye urwenya abitabiriye Abidjan Capital Du Rire






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND