RFL
Kigali

Menya abakinnyi 10 ba mbere b’umupira w’amaguru bafite abagore beza ku isi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/12/2019 14:28
3


Kuri iyi si igitsinagore aho kiva kikagera gikunda ibyamamare, harimo abaririmbyi, abakinnyi ba filme, abahanzi n’abanyabugeni, ariko byagera ku bakinnyi by'umwihariko b’umupira w’amaguru bikaba akarusho. Ni yo mpamvu usanga umukinnyi yifuzwa n’abakobwa benshi cyane ariko akaba ari we wihitiramo, usanga inshuro nyinshi umukinnyi afite umugo



Igikundiro, gukundwa n’abantu b’ingeri zose, kumenyekana ukaba ikirangirire ku mubumbe dutuyeho hari izindi mbaraga byongerera abakinnyi bituma inshuro nyinshi hari abatarambana n’abakunzi babo kubera umubare munini w’abakobwa n’abagore beza baba babakurikira ku mbuga zitandukanye z’ikoranabuhanga bahuriraho bose babasaba ubucuti no kuba bababera abakunzi.

Mu myaka yashize hari abakinnyi bagiye bagira inshuti z’abakobwa cyangwa abagore beza ku isi kurusha abandi, aha ntawakwibagirwa Victoria Beckham umugore w’ikirangirire David Beckham ndetse n’ umunyamideri w’umurusiyakazi Irina Shayk, wakundanye na Cristiano Ronaldo mu gihe kingana n’imyaka itanu ariko bakaza gutandukana.

Mu mpera z’umwaka wa 2018, ibinyamakuru bitandukanye byakoze urutonde rw’abakinnyi b’umupira w’amaguru bafite abagore beza ku isi kurusha abandi, hari benshi bahurijweho ariko hakaba n’umubare muke cyane utarahurijweho n’ibinyamakuru byose. Aba ni abagore b’abakinnyi 10 ba mbere mu bwiza kurusha abandi ku isi.

10 – Ana Ivanovic – umugore wa Bastian Schweinsteiger


Ana Ivanovic ni umwe mu bakobwa beza batereswe n’umukinnyi w’icyamamare, Kuri ubu afite imyaka 30 y’amavuko, akaba yarahagaritse gukina umukino wa Tennis yamamayemo cyane dore ko yatwaye ibikombe 15 bitandukanye kandi bikomeye muri uyu mukino, akaba yaranamaze imyaka myishi ayoboye abandi bakinnyi ba tennis ku isi mu cyiciro cy’abagore. We na Schweinsteiger batangiye gukundana mu mwaka wa 2014, bakaba barakoze ubukwe muri  Nyakanga 2017.

9 – Candy-Rae Fleur – umugore wa Daley Blind


Candy-Rae Fleur wamamaye cyane nk’umu Model ndetse akaba n’umubyinnyi wabigize umwuga, wanegukanye ibihembo bitandukanye mu kubyina, akaba kandi ari n’umunyamakuru wabigize umwuga, avuka mu gihugu cy’ubuholandi Daley Blind nawe avukamo, akaba ari umukobwa mwiza bigaragarira buri wese umubonye.

8 – Yolanthe Sneijder-Cabau – umugore wa Wesley Sneijder


Yolanthe Sneijder w’imyaka 33 y’amavuko, yavukiye mu gace ka Ibiza muri Espagne. Yolanthe yatowe inshuro eshatu n’amaradiyo yo mu buholandi nk’umugore usamaje kandi  ukurura benshi, uretse uburanga bwe akaba anafite umutima mwiza w’ubugira neza no gufasha. 

Akaba ari umwe mu bashinze unahagarariye umuryango mpuzamahanga ushinzwe kurwanya ifatwa ku ngufu ry’abana bakiri bato mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere. Yolanthe na Sneijder bigaragara ko bamaranye igihe kirekire ugereranyije n’abandi, kuko bashyingiranwe mu mwaka wa 2010, nyuma y’igihe bari bamaze bakundana.

7 – Gabriella Lenzi – umukunzi wa Neymar Jr


Nta muntu byatungura kuba umukinnyi ukiri muto w’icyamamare kandi ufite amafaranga nka Neymar yagira inshuti y’umukobwa mwiza cyane, kuri ubu uwo bakundana yitwa 7 – Gabriella Lenzi  w’imyaka 23 y’amavuko, ukora ibijyanye no kumurika imideri muri Brazil. Byamenyekanye ko batangiye gukundana mu mwaka wa 2014 nyuma y’imikino y’igikombe cy’isi, akaba akoresha cyane urubuga rwa instagram cyane yamamaza anashyiraho amafoto, akaba afite umubare munini cyane w’abamukurikira.

6 – Lena Gercke – umukunzi wa Sami Khedira


Sami Khedira ukomoka mu Budage yakunze kugarukwaho nk’umwe mu bakinnyi bafite impano yo gukina akanagira n’igikundiro, bituma abagore n’abakobwa beza kandi benshi bamukunda. Guhera muri 2011 yakundanye na  Lena Gercke  w’imyaka 30, akaba ari umunyamideri, akanakora kuri Television yo mu Budage. 

Yatangiye ibijyanye no kumurika imideri muri 2004, nyuma muri 2006 yegukana igihembo gikomeye mu irushanwa ryabereye mu Budage byatumye ahita aba umwe mu banyamideri bakomeye mu Budage.

5 – Viktoria Varga – umukunzi wa Graziano Pelle


Graziano Pelle ni umukinnyi mpuzamahanga w’umutaliyani w’imyaka 32 y’amavuko, mu myaka mike ishize yabonye ifoto ya Viktoria Varga kuri Facebook atangira ku mwandikira baraganira, ubwo yari atangiye kugenda abikwepa yahinduye intekerezo ubwo yahuraga nawe amaso ku maso, bahera ubwo bakundana. Varga akaba ari umunyamideri wabigize umwuga, amafoto ye menshi agaragara ari ku mucanga.

 4 – Sara Carbonero – umugore wa Iker Casillas


Abantu benshi bakunda kuvuga ko abanyezamu kenshi na kenshi usanga bifitemo udusazi duke na duke, ariko ibi ntibyabujije umunyamakurukazi w’imikino unakora kuri television muri Espagne Sara Carbonero  gushyingiranwa na Iker Casillas. Mu mwaka wa 2009, ikinyamakuru cyo muri Leta zunze ubumwe za Amerika cyamutoye nk’umunyamakuru mwiza kandi uteye ubwuzu ku isi. Bivugwa ko Iker Casillas ariwe munyezamu mu matekaufite umugore mwiza.

Sara na Casillas bashyingiranwe muri 2016, bakaba bafite abahungu babiri aribo Lucas na Martin. Mu gikombe cy’isi cyabaye 2010, Carbonero yashinjwe n’abanya Espagne kuba yaragize uruhare ku ntsinzwi ya Espagne ku mukino batsinzwe n’u Busuwisi.

3 – Pilar Rubio Fernandez – umukunzi wa Sergio Ramos


Pilar Rubio Fernandez ni umunyamakuru kuri Radio na Television, kuba kenshi na kenshi abanyamakuru bakunda guhura n’abakinnyi bishobora kuba ariyo mpamvu usanga bakunda guteretana, cyangwa se umugore mwiza ukunda kugaragara mu bitangazamakuru akaba yahura kenshi n’abakinnyi.

Pilar Rubio Fernandez na Ramos batangiye umubano wabo mu mwaka wa 2012, guhera icyo gihe kugeza ubu bafite abahungu babiri, aribo Sergio na Marco. Mu myaka ya 2008 na 2009, Pilar Rubio Fernandez yasohokaga mu binyamakuru bitandukanye nk’umukobwa w’uburanga uteye ubwuzu, ibi bikaba n’ubundi byarakomeje.

2 – Ann-Kathrin Brömmel – umukunzi wa Mario Gotze


Ann-Kathrin Brömmel w’imyaka 29 y’amavuko ni umunyamideri wabigize umwuga mu gihugu cy’ubudage, akaba kandi ari umuririmbyi ndetse akaba n’umukobwa ukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, ku myaka 16 y’amavuko , Ann yaari atangiye ibyo kumurika imigeri mu gihugu cy’ubudage.

Umubano we na Mario Gotze watangiye muri 2012 uhita ushinga imizi ku buryo bwihuse, Gotze w’imyaka 26, ni umwe mu badage bagufi kandi bafite impano yo gukina umupira w’amaguru, akaba ari we watsinze igitego cyahesheje ubudage igikombe cy’isi  ku mukino wa nyuma bakinnye na Argentine muri 2014.

1 – Shakira – umukunzi wa Gerard Pique


Umuririmbyikazi ukomoka muri Colombia Shakira ni we uyoboye urutonde rw’abakunzi n’abagore beza b’abakinnyi b’umupira w’amaguru ku isi.

Shakira ni umuririmbyi, akaba utunganya ibihangano(Producer) akanaba n’umubyinnyi mwiza w’ibihe byose mu babayeho muri Amerika y’ Amajyepfo. Pique na Shakira bahuye bwa mbere mu mikino y’igikombe cy’isi mu mwaka wa 2010, ubwo Shakira yaririmbaga indirimbo yitwa “Waka waka”, guhera ubwo bahise baba umwe kugeza magingo aya bakaba bamaze no kubyarana.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • eric4 years ago
    mbega ukunu lonarido abikr ndeye barihayepee!!!!!!eee
  • Benny 4 years ago
    Ntarutonde rurimo habuzemo umugore wa Cr7
  • Ykee4 years ago
    Mwaribshye cyane umugore wa CR7 abura mwicumi byagenze gute





Inyarwanda BACKGROUND