RFL
Kigali

Nigeria: Don Moen, Sinach, Travis Greene, Mercy Chinwo,..bahuriye muri ‘The Experience14’ yitabiriwe n’abagera kuri Miliyoni

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:7/12/2019 18:46
0


Buri mwaka muri Nigeria habera igitaramo gikomeye cyitwa ‘The Experience’ cyitabirwa ku rwego rwo hejuru cyane. Ni igitaramo gitumirwamo abahanzi bakomeye ku isi mu muziki wa Gospel, cyikitabirwan’abantu ibihumbi n’ibihumbi. Icyo muri uyu mwaka cyitabiriwe n’abagera kuri miliyoni imwe.



The Experience izwi cyane nka The Experience Lagos imaze kuba inshuro 14 zikurikiranya. Iyo muri uyu mwaka (The Experience14) yatumiwemo abahanzi b’amazina akomeye ku isi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana bari barangajwe imbere na Don Moen wataramiye mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2019 mu gitaramo 'MTN Kigali Praise Fest' kitazibagirana ku bacyitabiriye bitewe n’ibihe byiza bahagiriye.


Don Moen yaririmbye mu gitaramo cy'uyu mwaka

The Experience14 yabereye mu mujyi wa Lagos ahitwa Tafawa Balewa Square, ahantu ha mbere muri Afrika hakira abantu benshi cyane mu bitaramo. Yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 6/12/2019, isozwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 7/12/2019. Yitabiriwe n'abantu bagera kuri miliyoni (1,000,000) nk'uko Inyarwanda.com ibikesha itangazamakuru ryo muri Nigeria. Ni nyuma yaho abategura iki gitaramo, bari biteze ko icyo muri uyu mwaka kizitabirwa n'abantu 700,000.


The Experience14 yitabiriwe ku rwego rwo hejuru

Abitabiriye The Experience14 baraye baramya Imana ijoro ryose kuva ku wa Gatanu kugeza mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Ni igitaramo cyamaze amasaha 10. Cyitabiriwe n’abantu benshi cyane baturutse muri Nigeria no mu bindi bihugu, bihebeye umuziki uhimbaza Imana. Abitabiriye iki gitaramo bari bafite inyota yo kuramya Imana, bayiramije byimbitse mu nsanganyamatsiko igira iti “Let’s worship Jesus” (Mureke turamye Yesu).

Habayeho guhembuka kw'imitima y'abari muri iki gitaramo


Chioma Jesus yakoresheje imbaraga nyinshi kuri stage

Iki gitaramo cyaririmbyemo abahanzi bakunzwe ku isi muri iyi minsi mu muziki wa Gospel barimo Travis Greene, Sinach, Nathaniel Bassey, Don Moen, Donnie McClurkin, Tope Alabi, Planet shakers, Chioma Jesus, Eben, Onos, Sammie Okposo, Eben, Preye Odede, LMGC n’abandi. Todd Dulaney, Preye Odede na Mercy Chinwo ukunzwe bihebuje mu ndirimbo ‘Excess love’ ni bwo bwa mbere bari bitabiriye iki gitaramo.

Nk’uko Inyarwanda.com ibikesha amashusho abahanzi banyuranye basangije abantu kuri Youtube, iki gitaramo cyaranzwe n’ibyishimo byinshi ndetse no guhembuka kw'imitima binyuze mu ndirimbo zaririmbwe. Don Moen yanditse kuri Instagram ashimira cyane abanya Nigera uburyo bamwakiranye urukundo rwinshi. Mbere y’uko iki gitaramo kiba, Don Moen yasabye itsinda rye ry’abanyamasengesho kumusengera kugira ngo Imana izamushoboze imitima ya benshi ihembuke.

Muri iki gitaramo, Evangelist Amaka Okwuoha uzwi cyane nka 'Chioma Jesus', Sinach, Don Moen bari mu bishimiwe cyane. Mercy Chinwo wari uririmbye bwa mbere muri iki gitaramo, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’umuziki we n’ab’umuziki wa Gospel muri rusange. Yishimiwe bikomeye mu ndirimbo ye ‘Excess love’ iri mu zikunzwe cyane muri Afrika no ku isi yose. Ni indirimbo imaze gusubirwamo n’abantu benshi cyane barimo na Safi Madiba wa hano mu Rwanda ukora umuziki usanzwe.

‘The Experience’ yatangijwe ndetse yakirwa na House On The Rock ikuriwe na Pastor Paul Adefarasin mu mwaka wa 2006, yitabirwa n’abantu bagera ku bihumbi mirongo irindwi (70,000). Iki gitaramo kimaze gutumirwamo abahanzi benshi kandi bakomeye ku isi barimo; Kirk Franklin, CeCe Winans, Donnie McClurkin, Don Moen, Frank Edwards, Nathaniel Bassey na Chioma Jesus.

‘The Experience’ yanditse izina nka nimero ya mbere muri Afrika mu bitaramo bikomeye byose bihabera byitabirwa cyane. Ibijyanye n’umuziki muri iki gitaramo ngarukamwaka, biyoborwa na Wilson Joel kuva mu mwaka wa 2013. Nk'uko amateka y'iki gitaramo abigaragaza, muri 2006 tariki 1 Ukuboza ni bwo ‘The Experience’ yabaye ku nshuro ya mbere ibera kuri Tafawa Balewa Square.

Icyo gihe yitabiriwe n’abantu bagera ku bihumbi birongo irindwi (70,000). Muri icyo gitaramo cyari kibaye ku nshuro ya mbere hari hatumiwe abahanzi bakunzwe cyane ku isi cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari bo; Kirk Franklin, Israel Houghton, Donnie McClurkin, Lionel Peterson, Jamal Bryant, Mike Aremu, Dunni Olanrewaju, Dc Envoys, Gordons, Asu Ekiye, Buchi, Tosin Martins na Midnight Crew.

Iki gitaramo cyakomeje kuba buri mwaka ari na ko umubare w’abakitabira urushaho kwiyongera. Don Moen, Kirk Franklin,..bari mu bahanzi bamaze kuririmba kenshi muri iki gitaramo. Tariki 7 Ukuboza 2018 iki gitaramo cyari cyahawe insanganyamatsiko igira iti ”Jesus our peace” (Yesu, Amahoro yacu). Kitabiriwe n’abantu bagera ku 700,000. Igitaramo cyo muri uyu mwaka cyaciye agahigo kuba ari cyo kitabiriwe cyane. Cyamaze amasaha 10 abantu bari mu mwuka wo kuramya Imana.

Travis Greene wamamaye mu ndirimbo ‘You waited’ ukunzwe cyane muri iyi minsi mu ndirimbo 'Nara' yakoranye na Tim Godfrey, ari mu bahanzi baririmbye mu gitaramo cy'uyu mwaka ‘The Experience14’ cyari kibaye ku nshuro ya 14. Travis Greene wishimiwe bikomeye muri iki gitaramo yavuze ko 'The Experience' ari cyo gitaramo cya mbere ku isi mu bitaramo bya Gikristo byitabirwa cyane.

Igitaramo cy’uyu mwaka 'The Experience14' (TE14) kitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye bari barangajwe imbere na Guverineri wa Leta ya Lagos, Babajide Sanwo-olu wari uri kumwe n’umufasha we Dr Ibijoke Sanwo-olu. Usibye abahanzi baririmbye, abanyarwenya bo muri Nigeria; Kenny Blag, Larry J Forever, Mc Abbey na Akpororo bahawe umwanya muri iki gitaramo bavuga ubutumwa bwiza bakoresheje impano yabo yo gutera urwenya. 


Chioma Jesus

Iki gitaramo cyanitabiriwe n'Abahagarariye Ubwongereza na Amerika muri Nigeria


Sinach yishimiwe cyane muri iki gitaramo


Mercy Chinwo ukunzwe mu ndirimbo 'Excess Love'

Pastor Paul Adefarasin ni we uyobora iki gitaramo buri mwaka


REBA HANO UKO IKI GITARAMO 'THE EXPERIENCE14' CYAGENZE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND