RFL
Kigali

Ribara uwariraye! Umuburo wa Meddy ku bantu batwara ibinyabiziga basinze

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:5/12/2019 9:36
0


Umuhanzi Ngabo Medard [Meddy] uherutse gufungirwa gutwara ikinyabiziga yanyweye ibisindisha birengeje urugero, yakanguriye abantu kubyirinda cyane cyane mu gihe cy’iminsi mikuru kuko bishyira ubuzima bwabo n’ubw’abandi mu kaga.



Mu ijoro ryo ku wa 20 Ukwakira 2019 ni bwo umuhanzi Meddy yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo muhanda nyuma yo kumufata atwaye imodoka yanyweye ibisindisha, akarenza igipimo cya 0.4 cya Alcool.

Ni inkuru yatunguye benshi batiyumvishaga uburyo umuhanzi nk’uyu w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga afungirwa gutwara ikinyabiziga yahembutse ka manyinya, dore ko hari n’abari bazi ko ari umurokore atageraho.

Meddy yamaze iminsi itanu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera atanga amande y’ibihumbi 150 n’andi ibihumbi 50 yo gupakira ikinyabiziga yari atwaye nk’uko biteganywa n’amategeko.

Nyuma yo kubona ingaruka zo gutwara ikinyabiziga umuntu yanyweye ibisindisha, Meddy afatanyije na Airtel Rwanda na Polisi y’u Rwanda yasabye abantu bose cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru kwirinda kugwa mu makosa nk’ayo yakoze.

Ati “Banyarwanda banyarwandakazi muraho? Ni Meddy, ibihe byo kurangiza umwaka ni ibihe byo kwishimisha no kwishimana n’abacu ariko iyo kwishimisha bidakozwe mu rugero ni ugushyira ubuzima bwacu n’ubw’abacu mu kaga, bityo rero twirinde gutwara ibinyabiziga twanyweye ibisindisha, umutekano wo mu muhanda tuwugire inshingano zacu twese, Gerayo Amahoro.”

Polisi y’u Rwanda imaze ibyumweru bigera kuri 30 iri mu bukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro”, mu rwego rwo kugabanya impanuka zibera mu muhanda.

Abantu batwara ibinyabiziga banyweye n’ibisindisha barahagurukiwe bitewe n’uko biri mu bitera impanuka nyinshi mu muhanda.

Iki na Perezida Kagame aherutse kukigarukaho muri Nzeri 2019 aho yavuze ko abantu badakwiye gupfira mu mpanuka biturutse ku businzi.

Meddy yasabye abantu kwishimisha mu rugero





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND