RFL
Kigali

Airtel Rwanda yifatanyije na Polisi y'u Rwanda mu bukangurambaga bwa "Gerayo Amahoro"-AMAFOTO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:4/12/2019 14:28
0


Sosiyete y’itumanaho ya Airtel Rwanda yifatanyije na Polisi y’igihugu mu bukangurambaga bwiswe “Gerayo Amahoro” bugamije gukangurira abantu kwirinda impanuka bakoresha umuhanda neza.



Ibyumweru 30 birashize Polisi y’u Rwanda n’abafatanyibikorwa batandukanye bakora ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” aho abantu bose bakoresha umuhanda bibutswa inshingano bafite zo kugabanya no guca impanuka zitandukanye zitwara ubuzima bwa benshi.

Ikigo cy’itumanaho cya Airtel Rwanda na cyo ntabwo cyasigaye mu gufatanya na Polisi y’u Rwanda muri gahunda ya “Gerayo Amahoro”. Kuri uyu wa Gatatu ubu bukangurambaga bwakorewe muri gare ya Nyabugogo ahahurira imodoka zitwara abagenzi berekeza mu mpande zose z’igihugu baturutse mu mujyi wa Kigali.


Abayobozi batandukanye barimo aba Airtel, Polisi y’Igihugu, RURA n’ab’ibigo bitwara abagenzi bazengurutse mu modoka basobanurira abari bazirimo akamaro k’ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” n’impamvu bakwiye kubugira ubwabo.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP Kabera Emmanuel yavuze ko impanuka nyinshi ziba ku Isi zituruka ku myumvire iri hasi y’abakoresha umuhanda ari nayo mpamvu yibukije abatwara ibinyabiziga kugendera ku mategeko y’umuhanda.

Ati “Icyagaragaye ni uko ku rwego mpuzamahanga impanuka ziterwa cyane cyane n’imyumvire, cyangwa n’izihitana abantu zigomba kwirindwa. Turagira ngo rero imyumvire yacu ihinduke, tumenye ko umushoferi utwaye ikinyabiziga agomba kugira ibyo yirinda. Akagendera ku muvuduko wabugenewe, akirinda kuvugira kuri telefone, akirinda kurangara, akirinda kugenda nabi mu muhanda, akirinda kudaha abandi uburenganzira bwabo mu muhanda, ibyo abikoze yakura abagenzi hano akabageza aho bagiye mu mahoro.”

Yibukije kandi abanyamaguru ko nabo bakwiye kugira uruhare mu kubahiriza umutekano wo mu muhanda bubahiriza amategeko. Ati “ Mugomba kumenya uburyo bwo kugendera mu muhanda. Buri gihe ugomba kugenda ubisikana n’ikinyabiziga ntikiguturuke inyuma kuko iyo kiguturutse inyuma ibyago byo kugira impanuka byiyongera inshuro nyinshi bityo ukaba wanabiburiramo ubuzima.”


Umuyobozi wa Airtel Rwanda, Amit Chawla nawe yunze mu rya Polisi y’u Rwanda yibutsa abakiriya babo ko n’ubwo babashyiriyeho uburyo bwo guhamagara bisanzuye ku giciro gito, bakwiye kureka gukoresha telefone zabo mu gihe batwaye ibinyabiziga cyangwa bambuka umuhanda.

Ati “Twabashyiriyeho ipaki ya “Tera Story” bivuze ko ushobora kuganira wisanzuye ariko uyu munsi turabasaba kuba muretse gukoresha telefone mu gihe mutwaye ibinyabiziga cyangwa se mwambuka umuhanda.”

Anthony Kulamba ushinzwe urwego rw’ubwikorezi muri RURA yibukije abagenzi ko bafite uburenganzira bwo gutwarwa neza kandi ko mu gihe babonye umushoferi utubahiriza amategeko bashobora kumutanga agahanwa.

Ati “Dukangurira abashoferi kugira ikinyabupfura, kubavugisha neza, kubatwarira igihe, mwagera aho muviramo bakabaha umwanya wo kuvamo neza batabahutaje. Iyo iyo serivisi nziza itabonetse dushishikariza abangenzi kubimenyesha RURA kugira ngo duhwiture aba bashoferi gutanga serivisi nziza.”

Akenshi mu bihe by’umunsi mikuru byo gusoza umwaka no kwishimira Noheli hakunze kuba impanuka nyinshi zituruka ku businzi, Polisi y’u Rwanda ikaba yibukije abantu kuzitwararika muri ibi bihe ku buryo impanuka zo mu muhanda zizakomeza kugabanuka.

Airtel Rwanda izakomeza kwibutsa abakiriya bayo ubutumwa bujyanye n’ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” binyuze ku mbuga nkoranyambaga zabo no kohereza ubutumwa bugufi. 

Gare ya Nyabugogo ihuriramo abagenzi benshi ni hatangiwe ubutumwa bwa Gerayo Amahoro

Umuyobozi wa Airtel Rwanda yasabye abakiriya babo kudakoresha telefone batwaye ibinyabiziga


Anthony Kulamba yasabye abagenzi kugana RURA mu gihe bahawe serivisi mbi

CP Mujiji ushinzwe Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yahaye ubutumwa abagenzi


AMAFOTO: Evode Mugunga-InyaRwanda Art Studio






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND