Nyuma y’umwaka u Rwanda rugiranye amasezerano y’imikoranire na Arsenal FC yo mu Bwongereza, ikaba igenda neza kandi inyungu zikaba zikomeje kuba nyinshi ku ruhande rw’u Rwanda, ubu hakurikiyeho ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa mu gihe cy’amasezerano y’imyaka itatu y’imikoranire muri gahunda ya Visit Rwanda.
Mu
mukino uteganyijwe Kuri uyu wa Gatatu ubwo ikipe ya Paris Saint-Germain iza
kuba ikina na Nantes muri Shampiyona,
haraza kuba hatangazwa ku mugaragaro ubufatanye hagati y’ikipe ya Paris Saint
Germain ndetse n’u Rwanda igikorwa biteganyijwe ko kibera i Parc des Princes ku
kibuga iyi kipe isanzwe ikiniraho.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu
cy’iterambere RDB, gihagarariye u Rwanda muri aya masezerano kimwe n’aya
Arsenal, Claire Akamanzi, yatangarije
ikinyamakuru Le Figaro cyo mu Bufaransa ko bahisemo gukorana na Paris Saint
Germain mu rwego rwo kugaragaza ubwiza bw’u Rwanda.
Yagize
ati "Twahisemo Paris Saint-Germain kuko ifite izina rikomeye kuruta kuba
ari ikipe y’umupira w’amaguru. Ni ikipe imaze igihe gito nyamara iri mu makipe
y’ibihangange i Burayi, kandi mu ndangagaciro zayo ifite nyinshi zihura n’iz’u
Rwanda: Ishyaka, kwagura imikoranire n’isi yose, gukorana n’urubyiruko no
guharanira kuba indashyikirwa."
Mu
bikubiye muri aya masezerano, harimo kuba Paris Saint Germain izajya yambara
Visit Rwanda ku myenda yishyushyanya mbere y’umukino, kuzana bamwe mu bakinnyi
b’ibihangange bo muri Paris Saint Germain mu Rwanda, ndetse no gushinga ishuri
ry’umupira w’amaguru mu Rwanda byanatanga umusaruro ufatika ku banyarwanda
bakaba babona n’amahirwe yo kujya gukina mu Bufaransa by'umwihariko muri Paris
Saint Germain ari benshi.
Visit
Rwanda imaze kugira uruhare rugaragara mu gukurura ba mukerarugenda baturutse
mu bice bitandukanye by’isi barimo n’ibihangange bimaze gusura u Rwanda aho twavugamo umukinnyi wa Tennis ukomeye ku isi Maria Sharapova, David Luiz ukinira Arsenal, Didier Drogba na Luis Van Gal watoje Manchester United, hakaba
hanitezwe ibindi birangirire muri siporo bizaza kwirebera ubwiza bw’u Rwanda
babwirwa bakanasoma mu bitabo birimo n'abakinnyi ba PSG.
Nihamara
gutangazwa ku mugaragaro iyi mikoranire, birashoboka ko mu minsi ya vuba
abanyarwanda bashobora kongera kugira amahirwe yo kwibonera abakinnyi bakomeye
bakina muri iyi kipe y’ubukombe ku isi barimo Mbappe na Neymar.
Neymar na Mbappe bashobora kugera i Kigali mu minsi ya vuba
PSG ni ikipe y'ubukombe mu Bufaransa ndetse no kuri uyu mubumbe dutuyeho
TANGA IGITECYEREZO