RFL
Kigali

Abagabo: Uburyo wakwitwara igihe watandukanye n’uwo mwakundanaga

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:3/12/2019 17:53
0


Gutandukana n’uwo mwakundanaga bizana ububabare mu buzima kuko ntabwo bibabaza mu buryo bw’amarangamutima gusa ahubwo binateza akajagari mu bwonko, bikaba byateza indwara z’umutima n’ibindi bimenyetso bikomeye biterwa no kubabara cyane. Ibi binatera kubura ubushake bwo kurya, kuribwa mu ngingo no kubura ibitotsi.



Iyi nkuru twaguteguriye twifashishije urubuga blogspot.com igamije gufasha abantu mufite imitima ikomeretse kugira ngo mwivane mu buribwe. Byashoboka ko wenda utarahura n’iki kibazo cyo gukomereka mu rukundo  ariko ukaba wibaza uti umukunzi wanjye nanyanga nzabigenza nte?.

Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na PNA muri 2011 bwagaragaje ko gushwana mu rukundo bituma uduce tw’ubwonko dufite aho duhuriye n’imisemburo ituma umuntu ababara dutangira gukora. Niyo mpamvu ububabare buterwa no kuba umuntu agusize ari ikintu gikomeye umuntu wese akwiye kumenya uburyo yakwitwara igihe kimubayeho.

1. Gira imitekerereze y’uko ugiye kubaho kandi neza

Nta gushidikanya ko wababara mu gihe runaka ariko ntubwire ubwonko bwawe ko ibintu bikurangiriyeho ahubwo iyemeze ko ugiye kumera neza.

Rimwe na rimwe ububabare buba ari bwinshi bukaba bwakwigarurira ubwonko bwawe bigatuma utanatekereza neza, akenshi ukumva wanasebye ku buryo wumva isi isa nk’aho yakwiyubikiyeho. Gusa uko byagenda kose uba ugomba kwiyumvisha ko bidatinze ibintu byongera bikagenda neza kuri wowe. Ugomba gushyira mu mutwe ko ugomba kugumana agaciro n’icyubahiro cyawe aho kubyitesha uririra uwagiye.

2. Rwanya inama n’ibitekerezo bikubwira kumuhendahenda

Guhendahenda ntakiza byakugezaho uretse gutuma wibona nk’ucitse amazi imbere y’uwo mwakundanaga. Wemerewe kumugaragariza ko wababaye kandi kubera umwanzuro we. nk’uko twabivuze haruguru, ugomba gusigasira icyubahiro cyawe ntutume akubona nk’aho ari wowe umukeneye kumurusha, cyangwa ko wapfa igihe utamufite. Nutihagarara ho uzaba uri kumuha intsinzi yo kukubona nk’umuhombyi.

Niba ukeneye kurira iherere urire, ariko ntumuhendahende kuko si we herezo ry’ubuzima kuri wowe, isi ni ngari uzahasanga abandi benshi beza ndetse n’andi mahirwe menshi yatuma wishima.

3. Haranira kutabura ibyishimo

Abasore benshi iyo batandukanye n’abakobwa bakunda, hari ababura kwishima kugeza ubwo utangira kugaragara nk’uteye impuhwe. Haranira kuba umugabo ugumane ibyishimo utitaye kuburibwe wanyuzemo.

Iyo wikomeje bituma umukobwa wakwanze abona ko uri mukuru bihagije wo guhangana n’icyo kibazo, bizanatuma nawe ubona ko byoroshye kwirinda kuba wavugira amagambo mabi imbere ye, bizatuma umwereka ko wubashye icyemezo cye, muri rusange bizatuma wirinda kuvuga ibintu wazicuza nyuma.

Hari abibwira ko gutandukana n’uwo ukunda uretse ububabare ntakindi byamara, bituma wiga ubwo buzima ndetse wazanakunda undi ukaba ufite amahirwe yo kuryoherwa n’urwo rukundo kuko uba warabiciyemo mbere ukiga ibyiza n’ibibi ukamenya n’uko witwara igihe ubabaye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND