RFL
Kigali

Mitralos na Gakwaya mu bahabwa amahirwe yo kwegukana Rallye des Mille Collines 2019

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/11/2019 13:11
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2019, bizaba ari ibirori mu mihanda itandukanye igize akarere ka Gasabo, ahazakinirwa irushanwa rya nyuma muri shampiyona yo gusiganwa ku modoka.



Rallye des Mille Collines ni irushanwa rya nyuma rizagaragaza uzegukana shampiyona yo mu Rwanda mu gusiganwa ku mamodoka mu mwaka wa 2019, aho amazina asanzwe amenyerewe muri uyu mukino arimo: Gakwaya  Claude, Jean Jean Giesen na Din Imitiaz bari mu bahatanira iri rushanwa.

Kuri ubu imidoka 10 nizo zimaze kwandikwa ko zizasiganwa. Abasiganwa bazakoresha imihanda ya Kinyinya, Bumbogo, Nduba na kimironko bakazasoreza Kibagabaga kuri Pili Pili.

Shampiyona yuyu mwaka yarimo amasiganwa akomeye abantu bishimiye ku rwego rwo hejuru, yatangiye hakinwa  irushanwa rya Nyirangarama Tare Sprint, hakurikiraho Huye Rally, Women in Moto Sports Sprint, Mountain Gorilla Rally, hakaba hagiye gukurikiraho Rallye des Mille Collines.

Gakwaya Claude uheruka kwegukana Huye Rally na Mountain Gorilla Rally ari mu bambere bahabwa amahirwe yo kwegukana  shampiyona yuyu mwaka, akaba asanzwe akinisha imodoka yo mu bwoko bwa SUBARU n 10.

Jean Jean Giesen usanzwe utwara imodoka ya Toyota Celica nawe ari mu bahatanira kwegukana shampiyona y’umwaka wa 2019.

Umurundi Din Imitiaz usanzwe utwara imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Avensis ari muri batatu bahabwa amahirwe yo kwegukana iyi shampiyona.

Mu bakinnyi bitezweho kwitwara neza kandi harimo Mitralos, Nshimiyimana Adolphe( Dady), Yoto Fabrice , Gakuba Fergadiotis Tassos, Kayitankore Loiner n’abandi batandukanye.

Abasiganwa bazasiganwa ku ntera y’ibirometero 150 (150 Km), aho isiganwa biteganyijwe ko rizatangira saa yine z’igitondo.


Uko gahunda ya Rallye des Mille Collines iteye ku wa gatandatu


Uyu mukino uba ukurikiranwa n'abantu benshi b'ingeri zitandukanye


Gakwaya Claude afite amahirwe menshi yo kwegukana shampiyona yuyu mwaka


Jean Jean Giesen nawe azaba ari mu bahatanira kwegukana shampiyona


Gakwaya Claude na Mugabo bakunze gutwara ibihembo byinshi muri iri rushanwa

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com

   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND