RFL
Kigali

Aba DJs 10 bambariye gususurutsa umujyi wa Huye mu gitaramo cyo kwakira abanyeshuri bo muri Kaminuza

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:19/11/2019 10:23
0


Aba DJ bakunze mu Rwanda bambariye gususurutsa abatuye mu mujyi wa Huye mu gitaramo kizabera kuri Piscine mu rwego rwo kwakira abanyeshuri bashya batangiye kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.



Mu mwaka ushize nibwo Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kwimura abanyeshuri bamwe bigaga muri Kaminuza y’u Rwanda mu mashami atandukanye bajyanwa mu ishami rya Huye ryahoze ari Kaminuza nkuru y’u Rwanda.

Umujyi wa Huye ukirimo Kaminuza nkuru y’u Rwanda warashyuhaga bikomeye ibirori n’ibitaramo bikomeye byose byaberaga dore ko n’abahanzi bakomeye abenshi muri bo bahanyuze ari abanyeshuri.

Nyuma y’aho hahindukiye Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, abanyeshuri bamwe bajyanywe kwiga mu yindi mijyi, Huye irakonja ku buryo bukomeye abayituye bibagirwa ibijyanye n’imyidagaduro.

Kuri ubu byarahindutse, umujyi wongeye kugarura ubuzima, ibirori bikomeye binyuranye n’ibitaramo byongeye kuyoboka uyu mujyi witiriwe uw’intiti.

Tariki 30 Ugushyingo 2019, mu mujyi wa Huye ku itaba ahitwa 4 Steps hahoze Hoteli Petit Prince, hazabera igitaramo cyo kwakira abanyeshuri bashya cyiswe “I Ruhande Pool Party”.

Iki gitaramo kizabera ku nkengero z’ubwogero kizasusurutswa n’aba DJs batandukanye kandi bakunzwe mu Rwanda barimo DJ Miller, DJ Marnaud, DJ Jullz, DJ Pius, DJ Fabiola na DJ Mansa, DJ Vibes, DJ Lou, DJ Kixx na DJ Khalex.

Hazaba kandi hari amarushanwa yo kubyina no koga guhera i saa saba z’amanywa. Kwinjira muri iki gitaramo ni amafaranga ibihumbi bitanu mu myanya y’icyubahiro umuntu agahabwa icyo kunywa cya Skol n’ibihumbi 200 ahasanzwe.


I Ruhande Pool Party yatewe inkunga na Skol





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND