RFL
Kigali

Lionel Messi yatsindiye Argentine nyuma yo kuva mu bihano yari amazemo amezi 3

Yanditswe na: Editor
Taliki:16/11/2019 13:07
0


Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Argentine Lionel Messi waherukaga mu kibuga akinira Argentine mu kwezi kwa Karindwi, yatsinze igitego kimwe rukumbi cyabonetse mu mukino wa gicuti Argentine yatsinzemo Brazil, mu mukino wo kwitegura imikino yo gushaka tike y’igikombe cy’Isi wabereye muri Saudi Arabia.



Lionel Messi wari warahanwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane wa Amerika y’epfo bitewe n’amagambo yatangaje ubwo ikipe y’igihugu ya Argentine yasezererwaga mu mikino y’igikombe cya Copa America atarashimishije ubuyobozi bw’iyi mpuzamashyirahamwe, ubwo Messi yavugaga ko irushanwa rya Copa America ryashyiriweho igihugu cya Brazil gusa, maze ahita ahanwa kumara amezi atatu atitabira imikino y’ikipe y’igihugu yose izakina.

Messi yagarutse mu kibuga ahesha ikipe y’igihugu ye intsinzi nyuma yo gutsinda igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, akaba yagitsinze ku munota wa 13 w’umukino, yanabonye andi mahirwe yo gutsinda igitego cya kabiri kuri Penaliti ariko umunyezamu Allison Becker wari mu izamu rya Brazil umupira awuvanamo.

Muri uyu mukino Brazil yarushije Argentine guhererekanya neza umupira mu kibuga hagati nayo yahushije uburyo bwo kwinjiza igitego ubwo Gabriel Jesus yahushaga penaliti. Abakinnyi bakomeye ku mpande zombi bose bari bitabajwe kuri uyu mukino w’amakipe atajya imbizi muri Amerika y’epfo.

Lionel Messi igitego yatsinze cyuzuzaga ibitego bitanu amaze gutsinda Brazil wenyine mu mateka, anuzuza ibitego 69 amaze gutsindira ikipe y’igihugu ya Argentine izwi ku kazina ka Albiceleste.

Argentine yateganyaga undi mukino wa gicuti na Urguay bari bateganyije ko umukino wabera i Tel Aviv muri Israel ku wa mbere w’icyumweru gitaha ariko uyu mukino ushobora kutazaba bitewe n’ikibazo cy’umutekano muke uri kugaragara muri Israel.

Brazil nayo irateganya undi mukino wa gicuti ari nawo wa nyuma mbere yuko imikino yo gushaka tike y’igikombe cy’Isi itangira mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha, Seleção Brasileira nkuko bakunze kuyita irateganya umukino wa gicuti ku wa kabiri w’icyumweru gitaha aho izakina na Korea y’Epfo umukino uzabera Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’abarabu.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND