Umukino wabimburiye iy'indi mu rugendo u Rwanda rwatangiye rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2021, urangiye rutsinzwe rurushwa na Mozambique ibitego 2-0, umukino wahagaze iminota irenga itanu kubera ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi wabuze ku kibuga.
Ni
umukino watangiye saa kumi n’ebyiri zuzuye za Kigali, utangira imvura igwa ku
kibuga Zimpeto
Stadium. Iminota 45 y’igice cya mbere y’umukino yose yihariwe n’ikipe y’igihugu
ya Mozambique yitirirwa OS Mambas yari imbere y’abakunzi n’abafana bayo.
Mu minota 30 y’umukino byari bigoye kubona ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi igera imbere y’izamu rya Mozambique kuko inshuro nyinshi wasangaga Mozambvique iri gukomanga ku izamu ryari ririnzwe na Kimenyi Yves.
Ikipe y’igihugu ya Mozambique yakunze kunyuza imipira cyane ku
mpande z’ikipe y’igihugu y’u Rwanda cyane cyane ku ruhande rw’iburyo rwari
ruriho Ombolega Fitina wari wabaye
icyambu, ndetse no ku rundi ruhande rwari ho
Imanishimwe Emmanuel.
Nyuma yo gukomeza gusatira bikomeye izamu rya
Kimenyi Yves ku munota wa 28 w’umukino Mozambique yafunguye amazamu kuri
Penaliti yatewe na Telinho arayinjiza n'ubwo Kimenyi umupira yari yawukurikiye
nyuma y'uko Rwatubyaye Abdul yakoze umupira mu rubuga rw’umunyezamu.
Mu
gihe u Rwanda rwibazaga ibibayeho ariko bumva ko nibakina neza bishyura,
nyuma y’iminota ibiri gusa ku munota wa 30, Mozambique yatsinze igitego cya
kabiri cyatsinzwe na Edson Mexer ku mupira n’ubundi wari uturutse ku ruhande rw’iburyo
rw’u Rwanda bawuhinduye Edson aterekamo umupira mwiza atsinda igitego cya
kabiri cya Os Mambas.
Mu minota 15 yari isigaye y’igice cya mbere Amavubi yagerageje kubonana neza mu kibuga hagati bagerageza uburyo ari nako babonye Corner 2 zitagize icyo zitanga, ariko Mozambique nayo ikomeza kubashakamo igitego cya gatatu.
Haruna Niyonzima
yabonye ikarita y’umuhondo mu gice cya mbere, Niyonzima Olivier Sefu yinjira mu
kibuga asimbuye Ishimwe Kevin igice cya mbere kibura umunota umwe ngo
Kirangire.
Iminota
45 y’igice cya mbere yarangiye Mozambique
iri imbere ku ntsinzi y’ibitego 2-0.
Mu
gice cya kabiri cy’umukino, Amavubi
yatinyutse OS Mambas batangira gukina bahererekanya mu kibuga hagati
banatangira kugera ku izamu rya Julio Pedro wa Mozambique ibintu byari byabuze
mu gice cya mbere.
Mozambique
nayo ntiyahwemye gushyira igitutu ku Rwanda aho basatiriye cyane ariko amahirwe
yo gutsinda aba make dore ko na Kimenyi Yves yakoze akazi kamurebaga mu
kibuga.
Mashami Vincent yakoze impinduka kugira ngo arebe ko yarushaho gusatira maze avana mu kibuga Muhadjili Hakizimana hinjira Patrick Sibomana Papy wagerageje gukina neza mu minota yamaze mu kibuga.
Ni umukino utahiriye ubusatirizi bw’u Rwanda
butigeze bubona imipira ngo bukore akazi.
Umukino ugeze ku munota wa 88 mu kibuga Zimpeto Stadium amatara yazimye hashira iminota irenga itanu ataragaruka umukino wahagaze urumuri rwa za Telefone ari rwo ruri kumurika gusa.
Ku bw'amahirwe
umuriro wagarutse hongerwaho iminota 6, ariko umukino urangira Mozambique
yegukanye amanota 3 ya mbere mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika nyuma yo
gutsinda u Rwanda ibitego 2-0, byabonetse mu gice cya mbere cy’umukino.
Umuriro wabuze ku kibuga iminota irenga itanu umukino wahagaze
Amavubi
ejo ku wa gatanu aragaruka mu Rwanda kwitegura umukino wa kabiri wo
mu itsinda mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2021, u Rwanda ruzakiramo
Cameroon ku Cyumweru kuri Sitade ya Kigali saa 18h00’.
Rwanda XI: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina,
Rwatubyaye Abdul, Salomon Nirisarike, Imanishimwe Emmanuel, Djihad Bizimana,
Muhire Kevin, Haruna Niyonzima, Tuyisenge Jacques, Muhadjili Hakizimana, Kagere
Meddie
Mozambique XI: Julio Pedro Frenque, Sidique
Ismail mussagi, Edson Andre Sitoe, Zainadine Junior, Manuel Kambala, Reinildo
Mandava, Genny Cipriano Catano, Stelio Ernesto Telinho, Witness Quembo, Elias
Pelembe na Clesio David Bauque
Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO