RFL
Kigali

MC Mahoniboni mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda bazimiriye mu mahanga

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:15/11/2019 8:00
1


Nk’uko u Rwanda rugendwa ijoro n’amanywa ni nako n’abanyarwanda bagenda mu bihugu bitandukanye ku mpamvu zitandukanye zifite izingiro ku gushaka imiberho myiza.



Mu bagenda harimo n’abahanzi baba bakunzwe bamwe bamwe bagerayo inganzo igakomeza kubakirigita bagashyira hanze ibihangano, urugero rwa hafi ni Meddy na The Ben batuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika batangiye kwigarurira umugabane w’Afurika.

Hari n’abandi bagenda bakunzwe bakamera nk’aho inganzo basize baziritse ahantu ku buryo batongera kumvikana no kumenya amakuru yabo bikaba bigoranye cyane.

Tugiye kubagezaho urutonde rw’abahanzi bakunzwe cyane baba mu Rwanda ariko bagera mu mahanga bagahita bazimira burundu.

Masabo Nyagenzi

Uyu ni umwe mu bahanzi bafatwa nk’ab’ibihe byose mu Rwanda bitewe n’indirimbo nyinshi yagiye akora mu 1980 zagiye zikundwa n’abantu benshi kugeza n’uyu munsi.

Masabo Nyangezi ufite umwihariko wo kuba yararimbye indirimbo zivuga ku bice bitandukanye by’u Rwanda,  yakoze indirimbo zirenga 100 zacuranzwe cyane kuri Radio Rwanda.

Uyu mugabo yaje gufungwa mu 1994 arekurwa mu 2001 ubwo yari akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu 2006 yaje kuva mu Rwanda yerekeza ku mugabane w’u Burayi ari naho ari kugeza n’ubu. Nta bikorwa bya muzika aheruka kumvikanamo.

Nkurunziza Francois

Uyu muhanzi yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe n’abantu mu bihe byo hambere zirimo “Uko Nagiye i Bugande”, “Nanze Igitebwe”, “Nyamibwa y’Igikundiro” n’izindi zitandukanye.

Hashize igihe kinini nta makuru ndirimbo z’uyu mugabo zijya hanze ndetse nta n’amakuru ye abantu bazi ariko umwe mu babahanzi babanye utuye mu Rwanda yabwiye INYARWANDA ko asigaye atuye muri Uganda.

Iradukunda Valère Karemera.

Abenshi bumvise Radio Rwanda mu bihe byashize bibuka indirimbo yitwa, “Ihorere Munyana” [La Conta] yakoreshwaga cyane mu kiganiro cy’abana.

Iyi ndirimbo yaririmbwe n’umuhungu wa Rodrigue Karemera wari umuhanzi akaza kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu Iradukunda Valère  wakuriye mu Butaliyani amaze igihe kinini yarahagaritse ibijyanye na muzika akaba atuye mu Bufaransa.

MC Mahoniboni

Benshi bamufata nka sekuru w’abaraperi bose bo mu Rwanda kuko ari umwe mu batangije iyi njyana ndetse akagira igikundiro cyo ku rwego ruhanitse. Yakoze indirimbo nyinshi cyane zakunzwe Zirimo “Hip Hop Ipande”, “Dusenge” n’izindi zirimo “Kubaka Izina” ifatwa nk’indirimbo ya  Rap y’ibihe byose mu Rwanda.

MC Mahoniboni ubusanzwe witwa Bienvenue Mahoro Rugande amaze imyaka 12 ataba mu Rwanda aho ubuzima bwe yabukomereje mu gihugu cy’u Buholandi n’ibya muzika akaba yarabishyize ku ruhande.

Victoire  

Uyu muhanzikazi yamenyekanye cyane mu ndirimbo yitwa “Urwo Ngukunda” yakunzwe mu myaka ya 2000. Iyi indirimbo yafashije abasore benshi gutereta abakobwa dore ko uwabaga yabashije kwandika ibaruwa isaba indirimbo igasomwa muri gahunda y’izasabwe nta hantu umukobwa yari guhera amuhakanira.

Nyuma y’indirimbo Victoire yaburiwe irengero mu muziki, gusa hari amakuru avuga ko ashobora kuba atuye muri Canada.

Sajou

Ku bataramumenye cyane mu muziki ni we Nizeyimana wakinaga mu ikinamico urunana, ubu arafunzwe azira gufata ku ngufu mushiki we, ariko mu buzima busanzwe asigaye atuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Yavuye mu Rwanda amaze kumenyekana mu njyana ya Rap, akoresha izina rya Sajou  ndetse amaze no kugira abakunzi batari bake, gusa aho agereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika umuziki yabaye nk’uwuretse.

Big Dom

Big Dom ubusanzwe yitwa Cyubahiro Dominic yakunzwe cyane mu ndirimbo yitwa “Igishwi Cy’ikibinda” na “Ange Orange” n’izindi. Imyaka ibaye myinshi benshi batumva indirimbo ze nk’uko byahoze.

Big Dom wigeze gusa n’ubyutsa umutwe mu 2017 nawe amaze igihe kinini atari mu Rwanda kuko atuye mu Bufaransa.

Umutare Gaby

Uyu ni umugabo wahogoje ab’igitsina gore cyane bitewe n’ijwi rye. Umuvuduko udasanzwe yari afite mu muziki nta watekerezaga ko yawureka by’imburagihe nk’uko byagenze.

Yakozwe ubukwe  na Nzere Joyce mu 2017 bahita bajya gutura muri Austrialia ndetse kuva ubwo umuziki yahise awutera umugongo yita ku muryango we. indirimbo ye ya nyuma ni iyitwa True Love yashyize hanze mu 2016.

Umutare Gaby yajyanye n'umugore we muri Australia ahita areka umuziki

Big Dom wakunzwe mu ndirimbo Ange Orange asigaye aba mu Bufaransa

Sajou wari utangiye neza Hip Hop yabaye nk'ubiretse ageze muri Amerika

MC Mahoniboni uri mu batangiye injyana ya Hip Hop mu Rwanda ubu yarayiretse





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isidore4 years ago
    Iradukunda Valere Karemera yakuriye mu Rwanda yize secondaire muri TTC save ,yagiye arangije A2





Inyarwanda BACKGROUND